ITANGAZO RY’UBUYOBOZI BUKURU BW’IHURIRO INYABUTATU-RPRK.

Twongeye gushima abanyarwanda bose bumvise kandi bemera ko ubwami bugendera ku itegekonshinga ariyo nzira ihamye yo kwongera kubanisha inyabutatu nyarwanda. By’umwihariko turashima abayoboke bitanga kugira ngo iyi ntego izashyirwe mubikorwa. Intego twatangiye n’umurongo twihaye abanyarwanda benshi mwashimye ntabwo tuzigera tubitezukaho.

Ni muri urwo rwego ubuyobozi bw’Ihuriro ry’Inyabutatu-RPRK (Rwandese Protocol to Return the Kingdom) bumenyesheje abanyamuryango bose, n’abandi mwese mushyigikiye ibikorwa by’ihuriro ko inyandiko yose izasohoka idafite ikirangantego cy’ihuriro musanzwe muzi izaba ntagaciro ifite. Ikirangantego n’ibendera by’Ihuriro RPRK ntibyigeze bihinduka. Hakoreshejwe Ihuriro ry’Inyabutatu-RPRK, Radio y’inyabutatu, ikinyamakuru, hari abarenze ku mategeko no ku mahame remezo.Bashaka kubikoresha kuburyo bunyuranye n’amatwara n’umurongo twihaye tugenderaho kandi tutazatezukaho w’uko ihuriro inyabutatu-RPRK ari iry’abanyarwanda bose, kandi ko bose bagomba kuryibonamo mu bwisanzure busesuye.

Tuboneyeho gusaba abo bose bashaka guhindura cyangwa kunyuranya n’inshingano z’ihuriro Inyabutatu-RPRK kugaruka mu nzira nziza tugafasha abanyarwanda kwiyunga no kubana mu mahoro. Twibutse abanyarwanda, abadushyigikiye, by’umwihariko abanyamuryango ko ihuriro ry’Inyabutatu- RPRK riharanira gusubizaho ubwami bugendera kw’itegekonshinga nk’uburyo bw’imiyoborere myiza isubiza ijambo abanyarwanda mu Rwanda rwabo. Murakoze Mugire amahoro.

Eugene Nkubito

Umuyobozi w’Ihuriro Inyabutatu-RPRK

[email protected]