Abatawe muri yombi bazizwa “Ingabire Day” baritaba urukiko.

Yanditswe na Ben Barugahare

Amakuru dukesha urubuga rwa twitter rwa Victoire Ingabire Umuhoza, Perezida w’ishyaka DALFA-Umurinzi aravuga ko nyuma y’ibyumweru hafi bibiri bafunze abarwanashyaka b’ishyaka DALFA-umurinzi, umunyamakuru Théoneste Nsengimana n’umudamu w’inshuti ya Victoire Ingabire bazitaba urukiko.

Nk’uko akomeza abivuga muri ubwo butumwa abo bafunzwe bazagezwa bwa mbere imbere y’urukiko rwa Kagarama ruherere ku Kicukiro kuri uyu wa kane tariki ya 28 Ukwakira 2021 I saa mbiri za mu gitondo.

Abo The Rwandan yashoboye kumenya ko dossier zabo ubushinjacyaha bwazishyikirije urukiko ni aba bakurikira:

  1. HAGENIMANA Hamad utuye Akagari ka Kimisagara, Umurenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali.

2. MASENGESHO Emmanuel utuye Akagari ka Munanira, Umurenge wa Nyamyumba, Akarere ka Rubavu, Intara y’iburengerazuba.

3. MUTABAZI Alphonse utuye Akagari ka Rubona, Umurenge wa Nyamyumba ,Akarere ka Rubavu, Intara y’iburengerazuba.

4. NAHIMANA Marcel utuye Akagari ka Terimbere, Umurenge wa Nyundo, Akarere ka Rubavu, Intara y’iburengerazuba.

5. NDAYISHIMIYE Jean Claude utuye Akagari ka Rwamiko, Umurenge wa Muganza Akarere ka Gisagara, Intara y’amajyepfo.

6. NSENGIMANA Theoneste utuye Akagari ka Kibagabaga, Umurenge wa Kimironko, Akarere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali.

7. RUCUBANGANYA Alexis utuye Akagari ka Nyamagana, Umurenge wa Remera, Akarere ka Ngoma, Intara y’iburasirazuba

8. SIBOMANA Sylvain utuye Akagari ka Kigarama, Umurenge wa Kigarama, Akarere ka Kicukiro Umujyi wa Kigali

9. UWATUJE Joyeuse utuye Akagari ka Nyarurama, Umurenge wa Gatenga, Akarere ka Kicukiro

Bose uko ari icyenda bararegwa ibyaha bine ari byo:

-Gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo,

-Gukwiza amakuru atariyo cyangwa icengezamatwara bigamije kwangisha Leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga,

-Gutangaza amakuru y’ibihuha,

-Guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda,

Kuri HAGENIMANA Hamad we hiyongeraho ikindi cyaha cya 5 ngo cyo: Gucura umugambi wo gukora icyaha