Congo yahamagaje ambasaderi muri Kenya na EAC nyuma y’ishingwa ry’umutwe uyirwanya

Corneille Nangaa (ibumoso) n'umukuru wa politiki wa M23 Bertrand Bisimwa, mu muhango wo gutangiza ihuriro rirwanya leta ya DR Congo, aha ni muri hoteli Serena i Nairobi, ku wa gatanu

Repubulika ya Demokarasi ya Congo ivuga ko yahamagaje ambasaderi wayo muri Kenya ngo bagirane ibiganiro, nyuma yuko muri Kenya hashingiwe ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa Kinshasa.

Umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya DR Congo Alain Tshibanda yavuze ko igihugu cye cyanahamagaje ugihagarariye mu muryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC), ufite icyicaro i Arusha muri Tanzania.

Nta cyo EAC yari yatangaza ku mugaragaro.

Ibi bibaye nyuma yuko ku wa gatanu i Nairobi mu murwa mukuru wa Kenya, muri hoteli Serena, Corneille Nangaa wahoze ari umukuru w’akanama k’amatora ka DR Congo, agaragaye atangiza ihuriro rya politiki na gisirikare ryo kurwanya leta ya DR Congo, ryiswe ‘Alliance Fleuve Congo’ (AFC).

Mu itangazo kuri iki cyumweru, leta ya Kenya yavuze ko yamenye mu bitangazamakuru ko bamwe mu Banye-Congo bavuga ko bakorana n’imitwe y’inyeshyamba muri Congo, bakoreye ikiganiro n’abanyamakuru i Nairobi, “batangaza ibiboneka ko biteje ibyago” kuri Congo.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kenya Musalia Mudavadi yavuze ko Kenya ari “leta ifunguye [igendwa] kandi igendera kuri demokarasi aho ubwisanzure bw’itangazamakuru bwemewe.

“Ku bw’ibyo, abanyagihugu n’abatari abanyagihugu bashobora kuganira n’ibitangazamakuru byo muri Kenya batabimenyesheje leta.”

Kenya ‘yitandukanyije n’ibikorwa byahungabanya’ Congo

Minisitiri Mudavadi yavuze ko Kenya “yitandukanyije n’amagambo ayo ari yo yose cyangwa ibikorwa bishobora guhungabanya amahoro n’umutekano by’igihugu cy’inshuti cya DRC.”

Yongeyeho ko Kenya yatangiye iperereza ryo “kumenya imyirondoro y’abakoze itangazo” ry’iryo huriro no kumenya “ikigero ibyo bavuze biri aharenze imvugo yemewe n’itegekonshinga”.

Ati: “Kenya yongeye gushimangira ko nta ruhare ifite mu bibera imbere muri DRC kandi yiyemeje gukomeza gushyigikira amahoro, umutekano, no gushimangira demokarasi kw’icyo gihugu.”

Mbere yaho, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa DR Congo Christophe Lutundula yari yabwiye radio Top Congo yo muri icyo gihugu ko leta ya Kenya ishobora “kwirengera ingaruka” zava ku kwemera ishingwa ry’iryo huriro.

Yagize ati: “Guverinoma yacu ifite ishingiro mu gusaba ibisobanuro guverinoma ya Kenya, by’umwihariko kuko Bwana Corneille Nangaa yarase ubufasha ndetse ashima ubufasha baba barahawe na guverinoma ya Kenya…”

Nangaa, umaze amezi aba mu buhungiro, yavuze ko iryo huriro, ririmo imitwe nibura icyenda yitwaje intwaro, rigamije “kongera kubaka igihugu” no “kugarura amahoro” kubera ko ubutegetsi bwabanje byabunaniye, nkuko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru AFP.

Mu gutangiza AFC, Nangaa yari ari kumwe n’abarimo Bertrand Bisimwa, umukuru wa politiki w’umutwe w’inyeshyamba wa M23, usanzwe urwanya ubutegetsi bwa DR Congo.

Bitangazwa henshi – nko muri raporo y’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye – ko M23 ifashwa n’u Rwanda mu buryo bw’abasirikare n’ibikoresho. U Rwanda rwakomeje kubihakana.

‘Igitutsi ku baturage ba Congo’

Hagati aho, ambasaderi w’Amerika i Kinshasa Lucy Tamlyn yavuze ko iyo ambasade “ihangayikishijwe bikomeye” n’itangazwa ry’ishingwa rya AFC, irimo Nangaa na Michel Rukunda (unazwi nka Makanika), umukuru w’umutwe witwaje intwaro wa Twirwaneho.

Bombi basanzwe barafatiwe ibihano n’Amerika, nkuko bimeze no ku mutwe wa M23.

Mu butumwa ku rubuga nkoranyambaga X, ambasaderi Tamlyn yavuze ko ishingwa rya AFC ari “igitutsi ku baturage ba Congo”, mu gihe bitegura amatora yo ku wa gatatu.

Yasabye “abashaka by’ukuri kurangiza ikibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa RDC”, “gukurikiza ibikorwa byo mu karere bigamije amahoro… nka gahunda ya Luanda na Nairobi”.

Yongeyeho ko Amerika iteganya gufatira ibihano uwo ari we wese uzabangamira demokarasi cyangwa amahoro n’umutekano bya Congo n’akarere kayikikije.

Bintou Keita, intumwa yihariye muri DR Congo y’umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, akaba n’umukuru w’ubutumwa bwa MONUSCO, na we yamaganye iryo huriro.

Yashishikarije AFC “kureka igikorwa icyo ari cyo cyose cy’urugomo gishobora guhungabanya umutekano” w’icyo gihugu, anasaba M23 gukurikiza gahunda ya Luanda no “gushyira intwaro hasi nta kindi ibanje gusaba”.

Corneille Nangaa ni we wari umukuru w’akanama k’amatora ka DR Congo ubwo Félix Tshisekedi yatangazwaga ko ari we watsinze amatora ya perezida yo mu Kuboza (12) mu 2018.

Muri Kanama (8) uyu mwaka, Nangaa yabwiye Radio Okapi y’Umuryango w’Abibumbye ikorera muri DR Congo ko yahunze kuko atari akizeye umutekano we, nyuma yuko abapolisi bamurindaga bakuweho.

Muri Gashyantare (2), Nangaa yari yashinze ishyaka ‘Action pour la Dignité du Congo et de son Peuple’ (ADCP), ritavuga rumwe n’ubutegetsi.

Mbere yari yavuze ko aziyamamaza mu matora yo ku wa gatatu. Ariko muri icyo kiganiro na Radio Okapi yavuze ko “igikorwa cy’amatora kirimo kuba kirangwamo ukubogama” – ikirego akanama k’amatora gahakana.