IJWI RY’IMPUNZI : ” AKANYONI MU NZIRA NDENDE”

Aya maraso y’inzirakarengane ni nde ahama ?

Kwica , kubeshya, kwica, ni nde wabyungukiyemo ?

Uyu mubyeyi ati ubu ntuye umutwaro, kuba nshoboye gusangiza abandi ibyo nabonye. Wowe wanyuze inzira nk’iya AKANYONI, iyo za Kibagira, Bibwe, Shanje, Gisunguti, Rumbisi, Numbi n’ahandi, nawe waciye andi mayira ukaba ugihumeka, wowe waburiye abawe mu nzira ndende, aya mateka ni ayacu.

Natubere impamvu yo kwibaza tuti : ibi byose byatewe n’iki ? Byaturutse ku ki ?Ndetse dutire imvugo ku balirimba ngo «Mana, kuki wabyemeye ?».

Ngwino Akanyoni, ngwino utubarire amararo waraye mu nzira ndende. Shimirwa ubwo buhamya n’ubutwari.

Ikondera libre, 05/02/2018.