Itangazo
Ikigo kitiriwe Nyakwigendera Seth Sendashonga (Institut Seth Sendashonga pour la Citoyenneté Démocratique, ISCID asbl) kiramenyesha abantu bose ko gahunda yo kwibuka imyaka 25 Seth Sendashonga amaze yishwe izabera i Buruseli mu Bubiligi tariki ya 20 Gicurasi 2023 kuva saa munani z’amanywa kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (14h00-18h00).
Institut Seth Sendashonga iboneyeho kumenyesha abantu bose ko muri iyo gahunda harimo kumurika bwa mbere igitabo cyitwa :
«U RWANDA MU GIHIRAHIRO: TWUBAKIRE AMAHORO ARAMBYE KU MASOMO Y’AMATEKA».
Icyo gitabo cyanditswe hifashishijwe bamwe mu ntiti z’abanyarwanda bafite ubunararibonye mu gusesegura ibibazo by’u Rwanda.
Abafite uburyo bwo kugera i Buruseli aho iyo gahunda izabera ntimuzacikwe.
Adresse yuzuye y’ahantu iyo gahunda izakorerwa izatangazwa nyuma.
Bikorewe i Buruseli, tariki ya 27/04/2023
Jean-Claude Kabagema
Perezida wa ISCID asbl