Yanditswe na Marc Matabaro
Amakuru agera kuri The Rwandan ni avuga ku ndege yakoreshejwe mu kugeza Paul Rusesabagina i Kigali.
Mu iperereza ryakozwe na The Rwandan hashoboye kuboneka amakuru yerekana bidasubirwaho uburyo Paul Rusesabagina yagejejwe mu Rwanda.
![](https://www.therwandan.com/ki/wp-content/uploads/sites/3/2020/09/Skjermbilde-2020-09-05-kl.-01.21.16-1024x564.png)
Muri iryo perereza hagaragaye ko hakoreshejwe indege yo mu bwoko bwa Bombardier Challenger 605, ifite ibirango SX-FSA.
Yahagurutse i Dubai ku kibuga cy’indege Al Maktoum International Airport kizwi no ku zina rya Dubai World Central (DWC) igana i Kigali ku wa gatanu tariki ya 28 Kanama 2020 saa sita z’ijoro n’iminota 55 (00:55) ku isaha y’i Dubai igwa i Kigali saa kumi n’iminota 50 z’igitondo (04:50) ku isaha y’i Kigali ku wa gatanu tariki ya 28 Kanama 2020.
![](https://www.therwandan.com/ki/wp-content/uploads/sites/3/2020/09/Skjermbilde-2020-09-05-kl.-01.24.23-1024x567.png)
Iyo ndege ikaba yaramaze igihe kigana n’isaha n’iminota 25 ku kibuga cya Kanombe, kuko saa kumi n’ebyiri n’iminota 15 (06:15) yongeye iraguruka yerekeza mu gihugu cy’U Bugereki igera Athènes mu Bugereki saa saba n’iminota 7 ku isaha yo mu Bugereki.
![](https://www.therwandan.com/ki/wp-content/uploads/sites/3/2020/09/Skjermbilde-2020-09-05-kl.-01.37.01.png)
Hashoboye kumenyekana ko iyo ndege kandi ari iy’isosiyete yo mu gihugu cy’U Bugereki yitwa GainJet Aviation ariko ikagira n’ibiro i London mu gihugu cy’U Bwongereza, iyi sosiyete kandi ifite ikindi gisata mu gihugu cya Irlande .
Indege yajyanye Rusesabagina i Kigali ifitanye isano yihe n’indege za Kagame?
Zimwe mu ndege za Kagame n’aho zibarizwa:
- Gulfstream G650ER ifite ibirango 2-GJJA yanditse ko ari iyo mu kirwa cya Guernsey mu Bwongereza. Ibarizwa muri GainJet Ireland i Shannon (Int. Airport). Iyi ikunzwe gukoreshwa cyane na Ange ndetse na se ;
- Gulfstream G650 ifite ibirango EI-LSN yo mu gihugu cya Ireland. Ibarizwa nayo muri GainJet Ireland… Mbere yabaga i Athènes mu Bugereki ifite ibirango SX-GSB kandi ibarizwa muri GainJet Aviation. Ikunzwe gukoreshwa cyane na Kagame ubwe;
- Gulfstream G550 ifite ibirango EI-LSY yo mu gihugu cya Ireland. Ibarizwa muri GainJet Ireland… Mbere nayo yabaga i Athènes mu Bugereki ifite ibirango byaho SX-GJJ nayo ibarizwa muri GainJet Aviation. Ikunzwe gukoreshwa na Jeannette, na Louise Mushikiwabo n’abandi. N’iyo iherutse kujyana Gen Jean Bosco Kazura i Moscou ;
- Gulfstream G450 ifite ibirango SX-GAB yo mu Bugereki. Ibarizwa muri GainJet Aviation i Athènes mu Bugereki. Ikunzwe gukoreshwa cyane na Ivan Cyomoro. Iyi niyo yonyine yasigaye aho i Athènes mu gihe izindi (GLF5 na GLF6) zimukiye i Shannon muri Ireland.
Nk’uko mumaze kubyibonera indege yakoreshejwe mu gushimuta Paul Rusesabagina ibarizwa muri sosiyete n’ubundi ibarizwamo n’indege bwite za Perezida Kagame.