Kiziba: impunzi z’abanyekongo ziracyafite impungenge zo gushimutwa

Mu Rwanda, imibare mishya itangazwa n’ishami rya ONU ryita ku mpunzi, HCR, iremeza ko impunzi 11 z’Abanyekongo ari zo zishwe n’igipolisi cy’u Rwanda mu cyumweru gishize.

Muri abo harimo 8 barasiwe ku cyicaro cya HCR i Karongi, abandi 3 bicirwa mu nkambi ya Kiziba.

Impunzi ziri muri iyo nkambi ziravuga ko kugeza ubu amashuri agifunzwe.

Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika Claude Ganza Munyamagana yakurikirnaye iyi nkuru.