Museveni yemereye abanya Uganda kwishyurwa ibyangijwe n’ingabo za FPR mu ntambara.

Perezida Museveni ubwo yasuraga agace ka Gisoro ahitwa Murora hafi y’umupaka n’u Rwanda nko mu birometero 2 gusa yemeye ko abaturage ba Uganda bagizweho ingaruka n’intambara yari ashyigikiyemo FPR hagati ya 1990 na 1994 bagiye guhabwa indishyi.

Perezida Museveni kandi yihanganishije umuryango w’umunya Uganda warasiwe mu Rwanda mu minsi ishize ukomoka mu gace ka Gisoro ndetse aha umuryango we Miliyoni 10 z’amashilingi ya Uganda. Ariko abaturage babona bidahagije kuko bifuzaga ibisobanuro byinshi ku kibazo cyo gufunga imipaka ngo kuko ngo bihombya abaturage cyane ndetse hamaze gupfa n’abaturage bagera kuri 5 ba Uganda barashwe n’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Ni mu nkuru dukesha umunyamakuru wa Radio Ijwi ry’Amerika, Ignacius Bahizi ukorera mu gihugu cya Uganda musanga hano hasi.