“Prince Kid” wateguraga Miss Rwanda mu rukiko yarezwe ibyaha bitatu

Dieudonné Ishimwe uzwi nka ‘Prince Kid’ ukuriye kompanyi Rwanda Inspiration Back Up yateguraga irushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Kagarama ku Kicukiro i Kigali.

Nyuma yo gusoma umwirondoro we, umucamanza yamusomeye ibyaha bitatu aregwa ari byo; Gukoresha undi imibonano mpuzabitsna ku gahato, gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Nyuma y’ibyo umucamanza yahagaritse iburanisha ngo bategereze Me Emilienne Nyembo wunganira Ishimwe wakererewe kugera mu rukiko.

Ubwo Me Nyembo yari ahageze uruhande rw’uregwa rwavuze ko rutarabona dosiye y’ikirego bityo rukeneye igihe cyo kuyibona no kuyigaho.

Ishimwe ntabwo yavuze ku byaha yasomewe aregwa.

Umucamanza yahise asubika urubanza avuga ko rushyizwe kuwa gatanu tariki 13 Gicurasi kugira hubahirizwe ibyasabwe n’uruhande rw’uregwa.

Ishimwe w’imyaka 34, yazanywe kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo none kuwa gatatu nyuma y’uko atawe muri yombi mu byumweru bibiri bishize.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, irushanwa rya Miss Rwanda ryahagaritswe by’agateganyo na minisiteri y’umuco ndetse kompanyi ya Ishimwe yamburwa uburenganzira bwo kongera kuritegura.

Ku cyumweru gishize kandi umwe mu batwaye iri rushanwa, Elsa Iradukunda, yatawe muri yombi ku birego byo kubangamira iperereza bishingiye kuri iki kirego cya Prince Kid.

BBC