PS Imberakuri ‘Ntiyahaye Agaciro Gakomeye’ Inama y’Umushyikirano ya 18

Bernard Ntaganda

Mu Rwanda inama y’umushyikirano ya 18 yashoje imirimo yayo uyu munsi. Ibyaganiriweho ahanini byibanze ku mikorere y’inzego z’ubuyobozi na bimwe mu bibazo bitabonerwa umuti mu gihe gikwiriye.

Muri iyi nama kandi, ikigo cyibarurishamibare cyerekanye ko umubare w’abatuye u Rwanda wiyongereye, mu gihe abakora igenamigambi n’abashinzwe inzego z’ubuzima bemeza ko icyizere cy’ubuzima ku Banyarwanda cyiyongereye n’ubwo ku rundi ruhande ikibazo cy’igwingira ry’abana kiri ku rugero rwo hejuru. Inama yihaye imyaka 2 yo gushakira iki kibazo umuti.

Gusa bamwe mu banyapolitike batavuga rumwe n’ubutegetsi babona ko nta kidasanzwe iyi nama yaba yagezeho.

Mu kiganiro Maitre Bernard Ntaganda washinze Ishyaka PS Imberakuri ritaremerwa mu Rwanda yagiranye n’umunyamkuru w’ijwi ry’Amerika Tim Harris Ishimwe, avuga ko abona iyi nama nta kidasanzwe yagezeho. Kurikira ikiganiro cyose bagiranye hano hepfo: