Rudasingwa arashima US na UK kutemera ivanguramoko mu bishwe na jenoside ariko asaba ibindi bikorwa

Dr Theogene Rudasingwa

Amerika n’Ubwongeleza bati twibuke jenoside yo mu Rwanda tutavangura abayizize

Ku wa 20 mata 2020 ba Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika n’Ubwongeleza bandikiye Perezida w’Inama Rusange y’Umuryango w’Abibumbye bavuga ko abazize jenoside yo mu Rwanda atari Abatutsi gusa kandi ko n’abandi bagomba kwibukwa.

Ni ubwa mbere ibi bihangange byashyigikiye Leta ya FPR/DMI byerura bikavuga ko bitemera inyito Paul Kagame yemeje amahanga.

Dr Theogene Rudasingwa, Umuyobozi mukuru w’Ishakwe Rwanda Freedom Movement aradusesengurira icyo izo mvugo zihatse n’ingaruka zizagira kuri politiki ya jenoside yo mu Rwanda.

Aributsa kandi ko muri 2014 yandikiye abayobozi bakuru b’ibyo bihangage abereka ko inzira bashyigikiramo u Rwanda izateza izindi ngorane mu gihugu.

Niba ba mpats’ibihugu bakangutse, nibakangukane ishema n’isheja maze baharanire ku mugaragaro ko abishwe bose bazira ubwoko bwabo bibukwa nta vangura.