U Bubiligi: Nyakwigendera John Williams Ntwali ni umwe mu bahawe igihembo kitiriwe Victoire Ingabire

Mu muhango wabereye Mu gihugu cy’U Bubiligi kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 Werurwe 2023, umunyamakuru John Williams Ntwali umaze iminsi yitabye Imana mu kiswe impanuka ni umwe mu bahawe igihembo kitiriwe Victoire Ingabire Umuhoza (PRIX VICTOIRE INGABIRE UMUHOZA POUR LA DÉMOCRATIE ET LA PAIX) cy’umwaka wa 2023.

Iki gihembo gitegurwa n’umuryango Réseau international des femmes pour la démocratie et la paix gitanzwe ku nshuro ya 12.

Muri uyu mwaka wa 2023 iki gihembo cyatangiwe mu muhango wabereye ahitwa Dendermonde mu Bubiligi.

Uretse Umunyamakuru Johns Williams Ntwali icyo gihembo cyahawe kandi Impirimbanyi ziharanira amahoro mu Rwanda (Activistes pour la paix au Rwanda) n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu y’umunyekongo Kambale Musavuli.