Urubanza rwa Karasira Uregwa Guhakana Jenoside Rwatangiye mu Mizi

Urugereko rwihariye rw’urukiko rukuru mu Rwanda rufite icyicaro i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda rwatangiye kuburanisha mu mizi urubanza ubutabera buregamo Aimable Karasira Uzaramba ibyaha byo guhakana no guha ishingiro jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibyaha Karasira arabihakana akavuga ko bishingiye ku nyungu za politiki.

Umunyamkuru Eric Bagiruwubusa ukorera i Kigali mu Rwanda, yakurikiranye urwo rubanza ategura inkuru irambuye ushobora kumva hano hepfo: