Urubanza rw’ubujurire bw’umunyamakuru Cyuma rurasubitswe

Umunyamakuru Niyodusenga Dieudonné uzwi no ku mazina ya Cyuma Hassan

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10/06/2020, hari hategerejwe iburanisha ry’urubanza rw’umunyamakuru akaba n’umuyobozi wa ISHEMA TV, Niyodusenga Dieudonné uzwi ku izina rya Cyuna Hassan, ariko uru rubanza rurasubitswe.

Amakuru dukesha ubwanditsi bw’Urukiko, gusubika urubanza kimwe n’izindi zimwe na zimwe, byatewe n’inama y’abacamanza iteganyijwe uyu munsi ku Rukiko rw’ikirenga.

Ubwo aheruka gusomerwa kuwa 11 Gicurasi 2020, Umucamanza yakatiye Cyuma kuba afunzwe mu gihe cy’iminsi 30, akaba yaravanywe i Rusororo akoherezwa i Mageragere.

Akurikiranyweho ibyaha bitatu, Gukoresha inyandiko mpimbano, kwiyitiria urwego rw’umwuga no gusagarira abashinzwe umutekano. Ibi byaha byose arabikana.

Urubanza rwa Cyuma Hassan rwimuriwe ku wa mbere tariki ya 15 Kamena 2020, ubujurire bwe bukazaburanishwa n’Urukiko rwisumbuye Rwa Gasabo, hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Kugira ngo musobanukirwe iby’urubanza rwa Cyuma Hassan mwakumva hano hasi inkuru yakozwe n’umunyamakuru w’ikinyamakuru Ireme, John Williams Ntwali wakoze ubucukumbuzi kuri iki kibazo: