Rubavu: Abasilamu babwiwe ko gukora iterabwoba mu Rwanda ari ukuvanga amata n’amaraso

Musa Fazili Harelimana

Minisitiri w’Umutekano Sheikh Musa Fazil abwira abasilamu b’i Rubavu ko bagomba gukanguka bakarwanya iterabwoba

Minisitiri w’Umutekano, Sheikh Musa Fazil Harerimana, yasabye abasilamu bo mu Karere ka Rubavu kwirinda iterabwoba, ababwira ko kujya mu iterabwoba byaba bisa no kuvanga amata n’amaraso.

Ibi yabivuze mu nama yagiranye n’aba basilamu yibandaga kuri bagenzi babo bane baherutse kuraswa bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba.

Yagize ati “Umunafiki ni mubi kurusha umukafiri, ubwo se ko batwita abanafiki dutege  amajosi bayace kuko ari abana bacu ? Wowe urabagirira impuhwe ariko bo ntazo bazakugirira.”

Inkuru irambuye>>>