Sebatunzi Yozefu wacuranze Rukara rwa Bishingwe.

 Sebatunzi yavutse muw’i 1900 atabaruka muri 1980. Yabayeho mu gihe kimwe n’undi mucuranzi w’inanga Rugindiri Berinari. Aba bombi bari mu bacuranzi b’inanga batumye uyu muziki wa gakondo umenyekana cyane ukanakundwa n’abanyarwanda.

Benshi tuzi Sebatunzi acuranga umurya w’inanga “Ikibasumba”. Wa mugore w’umwami watumye ku mugabo we ati ikibasumba ararwaye, arwaye indwara mu musatsi, arwaye umutwe mu rutoki, kandi ngo nakira mutabonanye azasubira iwabo. Ubwo yari amaze guhiga n’abandi bagore b’umwami ko ashobora kumuhamagara agahita aza.

Uretse kandi Ikibasumba, Sebatunzi yashyize mu murya inkuru yerekeye Rukara rwa Bishingwe intahana batatu ya Rutamu. Abakurikiye bibuka ko ubwo Rukara yari ashorewe ari mu mapingu abazungu bagiye kumumanika, umwe mu ngabo ze yamubwiye ati: “Mbe ku tako ntiwakebuka,” Rukara akabona icyuma yakubise uwari umuri imbere maze uwari umuri inyuma akamurasa.

Muri rusange inanga – Rukara rwa Bishingwe – ivuga ku mateka y’uwo mutware w’Abarashi mu mibanire ye n’abazungu mu gihe bari bakigera mu Rwanda, ndetse n’umwami Musinga yari yarigometseho. Rukara yabaga mu Murera, hafi ya misiyoni ya Rwaza, aho padiri Rugigana yaje aturutse, aje ngo guca urubanza rwerekeye inka Rukara yari yaratse Bitahurugamba. Isobanura kandi ukuntu yaje kugambanirwa na Ndungutse yari yisunze, akeka ko azamutabara, mu gihe yaratahutse we n’ingabo ze, avuye mu buhungiro mu Bufumbira, aho yari yarahungiye. Ndungutse yaje kumutanga agira ngo yikundishe ku bazungu.

Sebatunzi yacuranze n’izindi nanga nyinshi zirimo: Nyirabisabo (ya yindi Orchestre Impala yaririmbye ikoresheje ibikoresho bya kijyambere), Rubanzabigwi, Nyamwiza, Garuka, Inganji, Abayogera, Nyakwezi n’izindi.

Amagambo y’Inanga: Rukara rwa Bishingwe

Ndore ga ndore ga ndore

Nari iwanyu ga aho Rutikanga

Utirengagiza inka ujye mu Bakemba 

Nyagira azangeza kuri Nyabyungo

Iremba ry’ingunge riragumya.

Umushi yaturutse i Shangi

Yaje yitwaje masotera

Ageze i Kabushinge bagenzi

Arakunda ashinga Kaributusi

Isumba imisozi rwose.

Yambuka Gacaca rero

Arakunda amanukira Kabirizi

Afata urukoro kwa Rufureyiraro

Ahuye n’inkware ati bona urusoro

Mbi ikirengeza Pahulo nawe

Aragenda Kanyabihango 

Kwa Sebuyamge si bagenzi

Iyambu Sebuyange 

Undi ati iyambu nawe ga Rugigana.

Cyo si Sebuyange 

Ndebera umwana uri amaguru rero

Umuntumire kuri Rukara Bishingwe 

Aze duhurire kuri Nyabyungo.

Sebuyange yarebye umwana

Aramutumye se bwangu rero

Ati genda ubwire Rukara 

Ngo ahure n’umuzungu kuri Nyabyungo.

Umwana aragiye se bwangu 

Yasanze Rukara si bagenzi.

Aricaye Rukara rw’igikundiro 

Rwa Semukanya intahanabatatu

Ya Rutamuka ikinyange cya Rutihuka

Yicaranye n’Abakemba 

N’uruyenzi n’Abemeranzige.

Ati waraye Rukara 

Undi ati ese uraho nawe mwana 

Ni ki se yewe nyabusa

Ati umuzungu arantumye 

Ngo muhurire kuri Nyabyungo

Undi ati umuzungu witwa nde se nyabusa 

Undi ati umuzungu witwa Rugigana

Undi ati Yampaye inka Bishingwe 

Umwami yampereye inka i Kayenzi.

Cyo Nyirinkwaya ga mwana wanjye 

Ugende umbwirire Abakemba

Cyaruhiga ubwire Uruyenzi

Mujyakera umbwirire Abemeranzigwe 

Karaya umbwirire Urukandagira 

Uti nimuze mumwitabe Intahanabatatu ya Rutamu yee.

Baraje Abakemba n’Uruyange 

Baraje Abemeranzigwe n’Urukandagira.

Yatumije nyiragatare 

Ayitereka Abakemba 

Iyindi yayiteretse Uruyenzi, 

Indi ayitereka Abemeranzigwe

Indi yayiteretse Urukandagira.

Cyo Bakemba Ruyenzi 

Bemeranzigwe Urukandagira

Umuzungu arantumiye 

Nindinda kugera i Burayi 

Ntimukanterekere mba ndoga Bishingwe

Bati humura ga Rukara 

Rw’igikundiro rwa Semukanya

Humura intahanabatatu ya Rutamu

Humura kinyange cya Rutihuka.

Abahungu bajya mu mihigo 

Arahaguruka Nyirinkwaya

Ati ndi Rwema rwa Bisaginduru 

Ndi isata isumba urukerereza 

Narishe Shengero rya Nyirantwari 

Ndakuramya gi ry’intimba

Iryo Abahutu bise Nyirabuhuri 

Maze uranzamure kwa Rugigana

Arahaguruka Munyaruhara 

Ati ndi inzogeramihana ya Ruhangara

Narishe Rwuhu induru ikwira ishyamba

Ndakuramya gi ry’intimba 

Iryo Abahutu bise Nyirabuhuri

Maze uranzamure kwa Rugigana.

Arahaguruka ba Manuka 

Ati ndi Inkezamurego Rugina

Ndi Nyiruruge ruvuga nk’Indamutsa

Ngeze mu nkomane za Nyakarengo 

Nubwo nazaga kuvuga imyato

Narishe Kanzinya mu Giharo 

Na Nyiratiro na Rukerampunga

Na Mushishi wa mu Cyuve 

N’Umurengeye niko namugize 

Ndakuramya gi ry’intimba 

Iryo Abahutu bise Nyirabuhuri

Maze uranzamure kwa Rugigana.

Arahaguruka Rukara 

Ati ndi Rukara rw’igikundiro

Urwa Semukanya intahanabatatu 

Ya Rutamuka ikinyange cya Rutihuka.

Nkaba se wa Nyirinkwaya na Bigaruka 

Na Cyabihinda na Nyiringabo

Na Nyamuromba na Ruhigirankore

Yemwe se na Karinijabo

Ndakuramya gi ry’intimba 

Iryo Abahutu bise Nyirabuhuri

Maze uranzamure kwa Rugigana.

Ati nimuhaguruke Bakemba, 

Nimuhaguruke ga Ruyenzi 

Muhaguruke Bemeranzigwe namwe

Muhaguruke Urukandagira 

Muze tujye kuri Nyabyungo

Dusanganire uwo muzungu 

Numve ibyo ambwira mba ndoga Bishingwe.

Aramanutse Rukara rwa Bishingwe 

Yagiye ga kuri Nyabyungo

Ahura n’umuzungu Rugigana, 

Rugigana ati iyambu Rukara

Undi ati Bishingwe yampaye isha mu gitondo 

Iyambu ni iki wa muzungu we.

Arongera ati iyambu Rukara

Ati niwongera kuntuka ndagusubiza 

Iyambu ni ukwamburwa abana

Mfite Nyirinkwaya na Bigaruka, 

Mfite Cyabihinda na Nyiringabo

Mfite Nyamuromba na Ruhigirankore 

Sinshaka kwamburwa abana

Nawe uriyamburire mba ndoga Bishingwe.

Umuzungu ati anasema nini

Bati agize ngo nawe uriyamburire 

Ngo iyambu ni ukwamburwa abana.

Cyo se Rukara wa Bishingwe 

Tanga inka za Bitahurugamba.

Rukara ati cyo se wa Muzungu we 

Ko waje uri umupadiri uje kwigisha

Ubucamanza wabugiyemo ute.

Inka za Rutahurugamba uzizi ute

Iby’imanza ubizi ute

Wakwigishije abana 

Yemwe ukigisha n’abagabo.

Ngira ngo nicyo cyakuzanye 

Ariko niba warazanywe n’akarande 

Ahubwo urashaka kukabona.

Ati ko ubanza ari agasuzuguro Rukara 

Undi ati nako ntikabura mba ndoga Bishingwe 

Kandi umwami yampereye inka i Kayenzi.

Umuzungu aramusumira rero 

Amunimba ku butaka 

Amukubise ikirato 

Yamukubise n’ikofe

Abakemba barirutse 

Uruyenzi ruriruka 

Urukandagira ruriruka 

Abemeranzigwe bariruka.

Arerembuzwa amaso Rukara  

Ati Bakemba Ruyenzi Bememeranzigwe 

Nababwiye ngo iki se ba nyabusa

Sinababwiye ngo ubwo nzagera i Burayi 

Ntimukanterekere mba ndoga Bishingwe.

Arahindukira Manuka 

Amukubise icondo ry’ingabo 

Amuhirika kuri Rukara

Aramuteye Rukwira 

Amukubise iryizihiye abagabo 

Iryo abahutu bise Nyirabuhuri 

Maze rimugeneye mu gihubi

Igihuru gitakara mu nzira 

Inkweto zitaha i Bugarura 

Inkuru mbi itaha i Burayi 

Inkuru nziza itaha i Kabiranyuma 

Kwa Kavumbi nyina w’inguri 

Aramwishe Indangururabigwi ya Rugwiro

Nyiri uruge ruguruka nk’Indamutsa

Arahaguruka urw’igikundiro 

Ati ndi Intahanabatatu ya Rutamu 

Kinyange cya Rutihuka mu Bakemba 

Ati ndakwishe ndi se wa Nyirinkwaya

Arapfuye umuzungu 

Rukara aba arahunze

Abakemba barahunze

Abemeranzigwe barahunze  

Urukandagira rurahunze 

Ko bahungiye u Bufumbira.

Bimaze iminsi ga rero 

Umugaragu wa Rukara bagenzi 

Amutura inzoga mu kibindi

Amusanga kwa Birahira wa Mpimuye 

Ati waraye ga Rukara.

Ati nta maramuko ga nyabusa 

Kuba iwa abandi hananiye rero

Undi ati humura umwami yimye

Yimye yitwa nde se nyabusa

Undi ati yimye yitwa Ndungutse

Yimiye hehe se nyabusa

Undi ati yimiye kuri Rutangira

Maze araza Rukara rero, 

Yeguye imyambi yuje umutana, 

N’amacumu yuje intagara

Ashorera Nyirinkwaya na Bigaruka 

Baragenda no kuri Rutangira 

Aragenda no kwa Ndungutse.

Gahorane Imana ga Ndungutse 

Data yahatswe n’umwami  

Sokuru yahatswe n’umwami 

None urandinde abazungu

Nanganye n’abazungu mba nkuroga

Ati narabimenye ga Rukara 

Humura ndabakurinda mba ndoga Karinga 

Amuhaye inka y’umweru 

Ikonsa ikimasa cy’urusengo 

Asigayo Nyirinkwaya na Bigaruka 

Na Cyabihinda na  Nyiringabo 

Basigara bahatswe kuri uwo mwami

Pahulo azanye urwandiko 

Ruvuye ku muzungu 

Witwa Bwana Razima rero

Barutuma kuri Ndungutse 

Ngo azafate Rukara.

Mu Gitondo Rukara araza 

Ahure n’umuhungu Nyirinkwaya rero

Ati garuka Rukara bakuguze

Bakuguze cyane bikomeye 

Ugiye gupfa rwose mba nkuroga.

Undi ati humura mwana wanjye 

Sinjya kugwa mu gihuru 

Ahubwo nzapfe nisasiye.

Araje Rukara ageze kwa Ndungutse 

Ati uraho ga Ndungutse

Undi ati ese nawe uraho se ga Rukara

Ngwino tubuguze Rukara.

Rukara yagiye ku gisoro 

Arabuguza na Ndungutse

Abona Pahulo rero 

Aturutse mu bikingi by’amarembo

Aramukebutse Rukara 

Ati yampaye inka Bishingwe

Cyo se Ndungutse nawe

Ngibiriya ibyo nanganye nabyo biraje.

Ati humura ndabikurinda

Undi ati ntabwo ukibindinze 

Ahubwo wantanze

Mba ndoga umwami.

Araje Pahulo se bwangu

Ati iyambu Rukara

Undi ati iyambu nayanganiye na Shobuja

Aranze aramukomeza Pahulo 

Abasirikari baramukomeje

Baramujyanye Rukara 

Arapfukama apfukama rwose 

Ahenera Ndungutse 

Ati ntukime i Rwanda ndi Umucyaba

Ndadiye semukanya wa ruzima

Ngiye kwishyura icyo nakoze

Ariko wowe uzishyura icyo utakoze.

Ageze mu Ruhengeri rero 

Hariya kwa bwana Razima

Bwana Razima ati iyambu Rukara

Undi ati iyambu nayanganiye na mwenewanyu.

Sinshaka kwamburwa abana

Kandi mbarora ndabafite 

Mfite Nyirinkwaya na Bigaruka,

Cyaruhinda na Nyiringabo 

Nyamuromba na Ruhigirakurinda

Mfite Kombe ry’Abarashi 

Na Karinijabo Nyirinkwaya we.

Ninde wishe umuzungu se Rukara 

Undi ati nawe banza umwibwire 

Ko numva se ngo muzi kwandika 

Kandi ibyo ubimbariza iki.

Ati mumbwire uwishe umuzungu

Abajije Rugamba ga bagenzi 

Ati uwishe umuzungu ni Rukara

Arongera abaza Ruhanga 

Ati uwishe umuzungu ni Rukara

Yabajije Ruzirampuhwe 

Ati uwishe umuzungu ni Rukara

Ati ntubyumva se Rukara 

Undi ati ndabyumva ga rwose 

Nubwo wambarizaga ubusa

Ninjye wamwishe ga rwose 

Ntabwo mbyigoragoraho.

Ngwino unyongwe se Rukara 

Ati harya kunyongwa ni uguki

Barakumanika mu giti 

Maze bakurase urufaya.

Yampaye inka Bishingwe 

Ese ngiye kugwa mu kimaniko nk’imbwa.

Cyo se wa muzungu we 

Umpe inzoga ya gitutsi 

Maze nkunde nyinywe kunyongwa.

Yakuye Rubashabagiye 

Ati mumpere inzoga y’ubwende 

Rubasha se yaraje 

Amuhaye inzoga y’urwagwa

Ati aho nabereye mwene Bishingwe 

Sinzi kunywa Kigombe.

Amuhaye inzoga y’amagwa

Ati aho nabereye mwene Bishingwe 

Sinzi guhegeta ibivuzo.

Cyo Nyirinkwaya ga mwana wanjye 

Munzanire Nyiragatare bagenzi

Maze nyinywe kandi njye kunyongwa.

Bamuzanira Nyiragatare, 

Arayinyoye Rukara 

Ayisangiye ga n’Abakemba

Ateretse Abakemba n’Abemeranzigwe 

Ateretse Urukandagira se bagenzi.

Bakemba mbasezeyeho

Rukandagira mbasezeyeho 

Bemeranzigwe mbasezeyeho 

Bana banjye ga murabeho 

Ndagiye kunyongwa bagenzi

Ngiye kwishyura Rugigana nishe.

Ati cyo wa muzungu we 

Maze rero ntukankorere ku bana 

Umuntu yapfuye ari umwe 

None kandi nanjye napfuye ndundi 

Ahubwo ngiye kwishyura rero, 

Abana banjye bazahame ahongaho ye.

Ati ndabikwemereye Rukara

Genda ujye kunyongwa.

Aratambutse Rukara rero 

Umusirikare agiye imbere 

Undi yagiye inyuma se bagenzi.

Bakemba murabeho

Arahaguruka Manuka rero 

Ati cyo se Rukara Nkeza mwe ya Rugina 

Nyiri urugina ruvuga nk’inyamibwa 

Ngeze mu nkomane za Nyakarenzo 

Ubwo nazaga kuvuga imyato 

Ese akibuko wagashyira he 

Ese ku itako ntiwakebuka.

Arakebutse urw’igikundiro 

Arakebutse urwa Semukanya 

Ashinga amano abiri rero 

Arambura intoke ebyiri rero 

Ashikuza ibeneti ku itako 

Ry’umusirikare ga bagenzi 

Ayimukubitira mu rwano 

Isohokana umutima imbere

Ati: Nkwice intahanabatatu ya Rutamu 

Ikinyange cya Rutihuka mu Bakemba we.

Aramwishe se bagenzi 

Aramwishe se bagenzi 

Abazungu barirutse 

Maze nyuma se bagenzi 

Mu gukubita urufaya  

Barurasa Rukara rero 

Barasa na wa musirikari.

Bapfuye ga bombi 

Bamanika Rukara 

Umugozi mu kuzungura 

Abazungu bariruka 

Ngo gakara yateye.

Bamaze kabiri biruka 

Umuganga niwe waje gupima 

Ahubwo asanga yapfuye 

Bakuraho bajya kurambika.

Arapfa Rukara rw’igikundiro 

Urwa Semukanya  

Intahanabatatu ya Rutamu 

Ikinyange cya Rutihuka mu Bakemba 

Nyagi ryenda ryo muri Nyabyungo

Ishema ryica aringanya n’ubuto

Rugemanduru n’aho umushi wa Rugayi

Yambariye ku ruhu mbindo

ayiii yee ayiii yee.

Byanditswe na:

Maniragena Valensi

Nzeyimana Ambrozi