Igisirikare cya Zimbabwe cyafashe ubutegetsi, Robert Mugabe afungishijwe ijisho!

Robert Mugabe hagati ya Emmerson Mnangagwa n'umugore we Grace Mugabe

Yanditswe na Ben Barugahare

Amakuru ava i HARARE muri Zimbabwe muri uyu wa gatatu tariki ya 15 Ugushyingo 2017 aravuga ko igisirikare cya Zimbabwe cyafashe ubutegetsi kigamije kwigizayo agatsiko cyita ko ari akabagizi ba nabi bari mu byegera bya Perezida Robert Mugabe, icyo gisirikare gikomeza kivuga ko Robert Mugabe n’umuryango we bameze neza.

Andi makuru ava mu gihugu baturanye cya Afrika y’Epfo aravuga ko Perezida wa Afrika y’Epfo Jacob Zuma yatangaje ko Perezida Robert Mugabe yamubwiye akoresheje umurongo wa Telephone ko ameze neza ariko afungishijwe ijisho we n’umuryango we adashobora gusohoka.

Abasirikare barimo kugaragara mu miranda y’i Harare umurwa Nakuru wa Zimbabwe nyuma yo kwigarurira inzu Televiziyo na Radio bya Leta bikoreramo.

Izi ntugunda biravugwa ko zatewe n’iyirukanwa rya visi Perezida Emerson Mnangagwa w’imyaka 75 wahoze ari Ministre w’ingabo ndetse n’umuyobozi w’inzego z’iperereza, mu rwego rwo guharurira inzira igana ku butegetsi umugore wa Perezida Mugabe witwa Grace Mugabe

Urusaku rw’imbunda ziremereye n’amasasu menshi byumvikanye mu majyaruguru y’umujyi wa Harare mu masaha ya mu gitondo kare kuri uyu wa gatatu tariki ya 15 Ukwakira 2017.

Nabibutsa ko Perezida Robert Mugabe ari ku butegetsi muri Zimbabwe kuva mu 1980 igihe icyo gihugu cyabonaga ubwigenge bwacyo.

Ibihugu bya Leta zunze ubumwe z’Amerika n’Ubwongereza byasabye abaturage babyo bari i Harare kuguma mu ngo zabo kugeza igihe ibintu bisobanutse cyangwa igihe ibintu bigiriye mu buryo.

Igihugu cy’Ubushinwa gifite imigenderanire ikomeye na Zimbabwe mu bijyanye n’ubucuruzi cyatangaje ko kirimo gukurikiranira hafi ibibera muri Zimbabwe, ngo cyikaba cyizeye ko impande zombi zihanganye muri iki kibazo ziribukirangize mu mahoro.

Young women walk past an armoured personnel carrier in Harare, 15 November

Intumwa y’umuryango wa SADC irakorera urugendo muri Zimbabwe mu gihe cya vuba mu rwego two gufasha kurangiza iki kibazo.

Umusirikare mukuru mu gisirikare cya Zimbabwe Major General Sibusiso Moyo, yari yatangaje kuri Televiziyo ya Leta ko Perezida Mugabe n’umuryango we bameze neza kandi barindiwe umutekano.

Igisirikare cya Zimbabwe kivuga ko kitahiritse ubutegetsi ahubwo gishaka kwigizayo agatsiko k’abagizi ba nabi bakoze ibyaha byateye imibereho mibi mu baturage n’izahara ry’ubukungu

Igisirikare kivuga ko nikirangiza akazi kacyo ibintu biribusubire mu buryo mu gihe kidatinze.

Maj Gen Moyo yasabye inzego z’umutekano gushyira hamwe no gufasha ku neza y’igihugu ko kandi abashaka gukora ibikorwa by’ubushotoranyi abo ari bo bose bateganyirijwe igisubizo cyijyanye n’ubwo bushotoranyi.

Kugeza Abu ariko ntabwo birasobanuka neza uyoboye igikorwa cy’aba basirikare.

Abaturage bamwe ba Harare bavuga ko nta bapolisi bagaragara mu mihanda ndetse ngo Hari ababonye abasirikare bata muri yombi abapolisi banabakubita.

umukuru w’igisirikare Gen Constantino Chiwenga, wari mu rugendo mu gihugu cy’ubushinwa mu cyumweru gishize yari yatangaje kuri uyu wa mbere yariki ya 13 Ugushyingo 2017 ko igisirikare cyiteguye guhagarika intugunda za politiki ziri imbere mu ishyaka riri ku butegetsi Zanu-PF, Akaba yaramaganye iyirukanwa ry’uwari Visi-Perezida Emmerson Mnangagwa ndetse anavuga ko igisirikare cyiteguye kurengera Revolusiyo. Yamaganye kandi ibikorwa yita ko ari bibi byo kwigizayo abarwanye intambara yo guharanira ubwigenge bwa Zimbabwe.

Ministre w’Imari, Ignatius Chombo, umwe mu bakuru b’agatsiko kiyise G40 kashinzwe mu ishyaka Zanu-PF imbere kayobowe na Grace Mugabe, yatawe muri yombi n’igisirikare ndetse n’abandi bagize Guverinoma kimwe n’abayobozi benshi mu ishyaka Zanu-PF barimo n’umukuru w’urubyiruko rw’iryo shyaka, Kudzai Chipangawari watangaje ko yamaganye ibyavuzwe na Gen Constantino Chiwenga kuri uyu wa mbere. Abatawe muri yombi bose akaba ari abavugwa kuba bashyigikiye Grace Mugabe.

Ishyaka Zanu-PF ku rubuga rwa Twitter ryatangaje ko mu ijoro ryakeye Robert Mugabe n’umufasha we bafashwe ariko bafite umutekano, ngo kubera itegeko nshinga n’ineza y’igihugu icyo gikorwa cyari ngombwa. Ngo Zimbabwe cyangwa iryo shyaka si umutungo bwite wa Robert Mugabe n’umugore we. Uyu munsi ngo hatangiye ibihe bishya ngo Emmerson Mnangagwa agiye kubafasha kugira Zimbabwe Nziza kurushaho.

Mu gihe ibinyamakuru bimwe byo muri Afrika y’Epfo bivuga ko Emmerson Mnangagwa wari wahungiye mu gihugu cya Afrika y’Epfo yasubiye muri Zimbabwe aho bivugwa ko indege yamugejeje ku kibuga cy’indege cya gisirikare cyitwa Manyame Air Force Base ababikurikiranira hafi bavuga ko Emmerson Mnangagwa ateganya gufata ubutegetsi yakoresha amategeko cyangwa ubundi buryo.

Hari n’andi makuru avuga ko ubu Perecida Mugabe arimo gushyirwaho igitutu ngo yegure ashyire ubutegetsi mu maboko ya Emmerson Mnangagwa ibyo ngo bikaba bishobora gukorwa kuri uyu wa kane tariki ya 16 Ugushyingo 2017, ibi bikaba ngo byavuye mu mwumvikano unateganya ko Grace Mugabe atatabwa muri yombi ahubwo bamubererekera agahunga mu gihe umugabo we wakwemera kureka ubutegetsi.

Biravugwa ko Grace Mugabe yakwerekeza mu bihugu by’Aziya nka Hong Kong cyangwa Malaysia aho bivugwa ko umuryango wa Mugabe ufite imitungo itagira ingano.

1 COMMENT

Comments are closed.