Adeline Mukangemanyi Rwigara ntateganya kwitaba RIB kandi ati: “Sinzava ku ijambo”

Yanditswe na Marc Matabaro

Madamu Adeline Mukangemanyi Rwigara wagombaga kwitaba RIB kuri uyu wa kane tariki ya 08 Mata 2021 aratangaza ko adateganya kwitaba ubugenzacyaha mu cyunamo.

Ni amagambo yatangarije ijwi rya Amerika mu makuru yatambutse mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, agira ati: “Nta burenganzira bafite bwo kumpamagaza ku munsi natangiyeho kwibuka abanjye. “ Yongeyeho ko muri iyi minsi ari no kwibuka umutware we.

Madamu Rwigara avuga ko amagambo abantu bahererekanye ku mbuga nkoranyambaga ari amajwi ye, batayamutwererereye, kandi agashimangira ko ibyo yavuze ariko kuri, kandi ko ari n’ubuhanuzi. Ati “Ntabwo nzava ku ijambo …”

Mushobora kumva ikiganiro yahaye umunyamakuru Geoffrey Mutagoma hano hasi:

.