Blinken yavuze ko Amerika ihangayikishijwe na raporo yasohotse yemeza ko u Rwanda rufasha M23

Mu ijoro ry’ejo kuwa gatatu, Ministiri w’Ububanyi n’amahanga w’Amerika Antony Blinken yageze mu Rwanda, aho yaganiriye n’abayobozi b’igihugu ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba bwa Kongo. Blinken yavuze ko Amerika ihangayikishijwe na raporo yasohotse yemeza ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23. Ibindi Blinken yaganiriye n’abayobozi b’u Rwanda barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ni ikibazo cya Paul Rusesabagina n’uburenganzira bwa muntu muri rusange.