Diane Rwigara yatangaje ko azongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda

Diane Rwigara mu kiganiro n'abanyamakuru tariki ya 16 Nyakanga 2019

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Diane Shima Rwigara yatangaje ko aziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ateganijwe mu kwezi kwa karindwi 2024.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa X, Diane Shima Rwigara yagize ati: “Icyiciro gishya cy’amateka y’u Rwanda gitangiye ubu. Twese hamwe tuzubaka amateka. Nimunshyigikire muri iyi gahunda yo kwiyamamariza kuba perezida”.

Mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka mu mwaka wa 2017, Diane Shima Rwigara yari yashatse kwiyamamaza ariko komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora ntiyamushyira ku rutonde. Nyuma yaje gufunganwa na nyina ariko barekurwa bagizwe abere.