FINLAND:MINISTRI BIRUTA YAHISHUYE KO ABAKORESHA IMBUGA NKORANYAMBAGA BAGIYE KWIBASIRWA!

Yanditswe na Albert MUSHABIZI!

Mu nkuru The Rwandan ikesha umwe mu ntumwa zigera kuri 25 (Abatekinisiye n’abacuruzi) zaherekeje Ministiri Vincent BIRUTA mu ruzinduko rw’Akazi (utarashatse kwivuga amazina kubera impamvu z’umutekano we), mu butwererane bugamije ahanini ubucuruzi; hakaba hagomba gusinywa amasezerano y’ubutwererane mu iby’ubucuruzi uyu munsi kuwa 6 Ukwakira 2021. Gusa ngo intumwa z’u Rwanda zikaba zarazindutse ngo zigire izindi gahunda z’ibanga zikorera, nk’uko byagenze ku munsi w’ejo kuwa 5 Ukwakira 2021! Ibi ngo bikaba bishingiye ko, ubundi ubutwererane bw’Inkotanyi n’ibihugu buba bugomba kuba bwiyubikije ibindi bikorwa by’ibanga byo guhohotera impunzi n’abandi batavuga rumwe na Leta ya Kigali; ariko ngo bakaba baratunguwe n’ubwoba basanganye abashyigikiye ubutegetsi bwa Kigali (bazwi ku izina ry’intore) bo mu karere ka Scandinavia. Ngo  izi Intore ziriyo, ntizikangukiye kuba zafasha ubutegetsi bw’Inkotanyi, kuhigarurira no kuhakorera ibikorwa by’ibanga nk’uko bibakundira mu tundi turere tw’isi, harimo n’utwo mu bihugu by’u Burengerazuba bw’isi.

Umuhuro mu ibanga rikomeye, intore zifite ubwoba, ndetse zimwe zatinye kwishyikirayo!

“Nyakubahwa mutubabarire kuba turi umubare muke, bihabanya n’uko twari twabijeje ko tuzaza kubakira, nk’uko urutonde rwagaragazaga ko turi umubare ufatika! Gusa mugerageze kutwumva abenshi ntibabonetse, kubera gutinya imiterere y’iki gihugu cya Finland, kigira igenzura ry’umutekano ku rugero rukabije. Muri iki gihugu, n’umuturage usanzwe aba akangukiye kandi akurikirana umutekano n’icyawubangamira icyo ari cyo cyose! Noneho byageza ku igenzura rya Leta n’inzego zayo, bigahumira ku murari! Niwo muco wa hano, mbese biragoye kugira ngo iteganyabikorwa dufite rizabashe gutera intambwe…” 

Ayo ni amwe mu mugambo yavuzwe n’umwe mu bahaye ikaze Ministiri Vincent BIRUTA ubarizwa mu ntore zo mu gihugu cya Finland! Uyu nyaguterura ijambo ngo akaba, mu kurondora ba Nyakubahwa yarashyizemo na Ministiri w’Ubucuruzi n’Inganda, nyamara ngo utari muri abo bashyitsi, bigatera urwijji mu maso ya Ministiri BIRUTA, ko Intore zo muri Finland zishobora kuba zitanazi abagize Gouvernement ya Kigali, kugeza ubwo hifurizwa ikaze Ministiri utararangwaga ahaberaga umuhuro, kandi n’abahateraniye atari umubare munini wo kuba watera urujijo nk’urwo! Nyamara impamvu y’ibyo ntiri kure: Intore zo muri Finland zifite igihunga, zitewe ubwoba n’umuganda wo guhungabanya Abanyarwanda bagenzi bazo bari ku rutonde bahawe na Kigali! Ngo igihugu barimo kiragoye!

Ngo icyatumye iyo nama igirwa ibanga rikomeye, ni ubusabe bw’Intore zo mu Finland, zagowe no gutegura umuhuro n’Intumwa za Gouvernement zaje zizanywe n’izindi nshingano zizwi na Leta ya Finland, mu gihe benshi muri izo ntore ari impunzi, ndetse zimwe zitarabona ibyangombwa bya burundu. Umuyobozi wa Diplomasiya y’u Rwanda, Bwana Vincent BIRUTA bikaba byaramusabye we n’intumwa 25 zimuherekeje kugendera mu cyubahiro cyabo, mu gihe bari mu kazi kazwi n’igihugu basuye, naho ahandi bakagenda bububa nk’abajura cyangwa abandi bagizi ba nabi, biyoberanyije ngo bahurire aho bahuriye n’Intore zabo, nk’uko iyi photo y’urwibutso nayo ikiri banga rikomeye twahawe n’urya wari muri 25 baherekeje BIRUTA nayo ibigaragaza!

“Intore ntiganya ishaka ibisubizo nimushirike ubwoba mukore ibikorwa byanyu mu ibanga, tuzabohereza n’abandi bo mu bihugu bya hafi aha, bamenyereye kandi bakora neza, bazaza kubahugura no kuberekera, kandi Leta yacu y’ubumwe  Bw’Abanyarwanda ibafatiye iry’iburyo!”

Iyo nteruro y’ubushukanyi, ni imwe mu magambo make yavuzwe na Ministiri Vincent BIRUTA, wavunaguye amagambo yahuranya, muri uwo muhuro wo kwihugika, aho abasangwa bari bafite ubwoba bw’ibikorwa bitazwi kandi bishobora gukekwa amababa na Leta ibacumbakiye! 

Indi ngingo ikomeye yavuzwe muri uyu muhuro ikaba ari “INTAMBARA YO KU MBUGA NKORANYAMBAGA” ngo yaba igeze FPR-Inkotanyi ku buce, kandi ngo mu karere igihugu cya Finland giherereyemo hakaba habarizwa indwanyi nk’izo, zikomeje gushyira hanze ukuri kururira Leta ya Kigali, kukanakangurira Abaturage guharanira uburenganzira bwabo, ngo none abaturage bakaba baca amarenga ko mu minsi iri imbere niba nta gikozwe, bazaba ari indakoreka kandi ari n’abiyahuzi badakangwa ingamba zikakaye zifatirwa abatinyuka guharanira uburenganzira bwo kuvuga ibibazo by’igihugu.

Minisitiri BIRUTA agejejweho impungenge ko uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, ntaho wahera ubuvogera mu gihugu cya Finland, ngo yijeje Intore ko hariho gahunda yo kujegeza abirirwa basebya Leta (ubwo ni abavuga ibihabanye n’ibyo iyo Leta ishaka kumva); ngo bakaba mu minsi ya vuba bazatungurwa no kubona imbuga bavugiraho zahagaritswe! Niba iki atari ikinyoma cya Semuhanuka, hari abakeka ko imvugo z’urwango n’amacakubiri Leta ishinja Imbuga zitavuga rumwe nayo ahubwo birangwa ku mbuga z’Intore n’abandi banyarwanda biyemeje gusasira ikinyoma, ku buryo iyo ngingo ishingiweho hafungwa nyinshi mu mbuga zibogamiye kuri Kigali!

Ikindi cyatangaje muri uyu muhuro, ngo ni uko Intore y’umusangwa yakomoje ku nyandiko y’iteganyabikorwa yahawe izi ntore, ngo yirinze no kuvugamo igikorwa na kimwe bigaragara nk’aho izo ntore za Finland nazo ubwazo zishobora kuba zitarizerana hagati yazo, ku buryo zimwe zaba zikigendera mu kigare, cyangwa se zitaragirirwa icyizere n’abayobozi bazo bivuganira n’abayobozi ba Kigali. 

Muri make ngo n’ubwo umuhuro wari mugufi bishoboka, byagaragayemo ko hari n’amabanga cyane ay’ibikorwa byimirijwe imbere adakenewe kwasaswa kuri bose, hakiri kare! Uwaduhaye aya makuru umutekinisiye waherekeje Minisitiri udakunze kumenya cyane ibigendanye n’ibikorwa bya Diaspora, ndetse n’ubuhuzabikorwa bwabyo mu buyobozi bwa Kigali, ahamya ko kuri we umuhuro wari urujijo mu magambo asa n’aca amarenga.

 Ku buryo ngo uwo mutekinisiye nawe akeka ko, ataba ari we wenyine waba yaratahanye urujijo, ngo na cyane ko uretse no mu bashyitsi (barimo n’abacuruzi bo mu nda y’ingoma), ngo no mu basangwa wabonaga barimo ibice, byenda kuba bibiri biboneka ku maso. Muri ibi bice bibiri ngo harimo: abumva neza umukino, n’abandi bazawusobanurirwa neza nyuma y’icyo gikorwa cyo kubahuza n’umuyobozi mukuru nka Ministiri BIRUTA.

Mu kubahuza na Biruta, bikaba bisa n’ibyari bigamije kubamara igishyika, ko ibyo bazaba bakora byose, bazaba bari ku kivi cy’igihugu! Ngo mu kwifatisha ifoto byabaye ngombwa ko bamwe muri barya batekinisiye, n’abacuruzi badasobanukiwe neza umukino wari ugezweho, batinjira mu ifoto! Kandi ngo ukuhaba kwabo (abatekinisiye n’abacuruzi) nakwo kwabaye ijijisha rikomeye, ngo ibimeze nko kuramukanya gusanzwe bititwa inama itakiwe uruhusa n’inzego zibishinzwe muri Finland!

Kwigarurira ibihugu byo muri Scandinavia n’ibyo mu burayi bw’uburasirazuba nk’uko FPR-Inkotanyi yigaruriye bimwe mu bihugu by’u Burengerazuba ku rugero rusa n’uruteye isoni!

Ubutegetsi bwa FPR-Inkotanyi buri muri gahunda yo kwigarurira ibihugu bya Scandinavia n’ibyo mu burayi bw’uburasirazuba abanyarwanda bahatuye bagomba kuba maso hakiri kare; byaba ngombwa bakifashisha imiterere y’ibyo bihugu, yo kutajenjekera uwatobanga umutekano wabyo, nk’uko Intore zatangiye kubigirira ubwoba. Ibi bihugu byo muri Scandinavia kandi bizirana cyane n’umuco wa ruswa. Ngo si nka birya tuzi mu bihugu bimwe, aho bimenyerewe ko bamwe mu bayobozi bo mu nzego bwite za Leta, Abashakashatsi, abahagarariye imiryango itagengwa na Leta barya ruswa ya Kigali, maze bakogera uburimiro ku bahigwa na Kigali. Ruswa yo gutuma abagore b’uburanga ku bafata ibyemezo, yavuzweho mu bihugu bimwe na bimwe byo mu burengerazuba, ngo nayo ishobora kutoroha muri scandinavia….

Ibyo byose Leta ya FPR-Inkotanyi ikunze kwihura mu migambi yayo, igafashwa n’uburangare no kudasohoreza umugambi umwe kw’abo ihiga, ishobora kuba itarabonye ko bizayibera imbogamizi, mu guteganya kubaka muri Scandinavia akarima kayo, nk’uko yabigize mu bihugu bimwe byo mu Burengerazuba bw’isi! Hari abagabo batatu bakekwaho ko bari mu bakuriye umushinga wa Kigali, wo guhungabanya abayihunze mu bihugu bya Scandinavia cyane cyane muri Finland barimo ndetse n’abahoze muri RDF tukaba tugikora isesengura ku bikorwa byabo dushobora kubatangariza mu nkuru zacu zitaha.