Yanditswe na Jean-Jacques Bigwabishinze
« Umugambi ni umwe : urukundo rw’u Rwanda no kuzahora mwibuka »
(Cécile Kayirebwa, Ubutumwa, 2014)
Za mpunzi za kera
Ntahwemye kuzirikana
Nategereje ko zitahuka
Amaso ahera mu kirere.
Zahakaniwe gucyurwa
Ngo zitahe ku neza
Zirema umutwe w’ingabo
Ziwuha izina ry’INKOTANYI.
Muri mirongo cyenda
Mu kwezi kwa Nzeri
Umushumba wa Kiriziya
Aza gusura u Rwanda.
Yabaye agisezera
Yerekeza i Burundi
Za Nkotanyi ziratera
Ku ya mbere Ukwakira.
Intambara iraturika
Ituruka za Bugande
Yinjirira za Byumba
Imara imyaka ine.
Maze intambara ica ibintu
Abantu bava mu byabo
« Ibyitso » byuzuzwa gereza
Ari itegeko rya Leta.
Abo bitaga ibyitso
Bari Abatutsi bajijutse
N’abari bakungahaye
N’Abahutu bishishwaga.
Abo nibuka, namenye
Barimo Kagiraneza
Umwigisha w’indimi
Mu ishuri ry’Indatwa.
We yafunzwe rugikubita
Bamuta mu buroko
Aborera ku Karubanda
Ahatsindwa na macinya.
Izindi nzirakarengane
Zo zagize amahirwe
Ziza kwitwa abere
Nyuma y’amezi atabarika.
Basezererwa ari ibihumbi
Barahahamuwe n’ubutegetsi
Bwigishaga ubumwe n’amahoro
Batakaza ikizere mu gihugu
No mu bayobozi bacyo
Bimitse ivangura
Bashingiye ku moko
N’uturere rugeretse.
Amahanga abyitamo
Atumira abari bahanganye
Bitabira imishyikirano
Arusha muri Tanzaniya.
Intambara y’Ukwakira
Yaturutse i Kagitumba
Yica kurusha macinya
Aho iciye igacucuma.
Si ukwanika imirambo
Za Byumba na Ruhengeri
Aho ishinze ikirenge
Impunzi zikahahunga.
Ibihumbi amagana
By’abavanywe mu byabo
Bagahora bikoreye akarago
Ngo bahungishe amagara.
Urugamba rugeze i Mugambazi
Abahungaga itsimbaniro
Binugika i Nyacyonga
Mu nkengero za Kigali.
Abapfaga ubutegetsi
Amasezerano y’amahoro
Banga kuyubahiriza
Ntibita ku baturage.
Umukuru w’igihugu
Na none akora iyo bwabaga
Afata indege n’abamushagaye
Ajya gushakisha amahoro.
Agaruka gutangariza igihugu
Imyanzuro yagezweho
Mu mishyikirano ya nyuma
Yabereye muri Tanzaniya.
Ku mugoroba w’akabwibwi
Indege rutemikirere
Ihaguruka i Daresalamu
Mu cyambu cy’amahoro.
Ihetse abakuru b’ibihugu
By’u Rwanda n’u Burundi
N’imbaga ibaherekeje
N’abaderevu b’abazungu.
Iyo nyoni y’icyuma
Yahuranya Akagera
Igihe inka zinikizaga
Iba igeze za Masaka.
Maze igihe igiye kururuka
Abagome bayiteze igico
Bayirasa ibisasu nyamunini
Bivugana abaganwa.
Abari barekereje
Bategereje imbarutso
Ngo batsembe Abatutsi
Batangira umugambi mubi.
Mu kanya gatoya
Birara mu Batutsi
N’Abahutu bitaga ibyitso
Babatsinda mu mago.
Amarira n’imiborogo
Biba umukwira muri Kigali
Imivu ya mbere y’amaraso
Itemba muri iryo joro.
Umunsi ukurikiyeho
Icumu ntiryunamuka
No mu ntara rirabica
Abantu bicwa nk’inyamaswa.
Leta nshya y’inzibacyuho
Yiyitaga iy’« Abatabazi »
Ibuza Abahutu kugira ibambe
Ibabuza gutabara umuturanyi.
Ica iteka ritanga
Uzarenga ayo mabwiriza
Akarangwa n’ineza
Akarengera Umututsi.
Abantu bakuka imitima
Bamwe bahinduka amashitani
Uwo batunze agatoki
Agaterwa n’INTERAHAMWE.
Iminsi irahita indi irataha
Amezi arenga atatu
Itotezwa ry’izo nzirakarengane
Rigikomeje umurego.
Kuba Umututsi mu Rwanda
Bihinduka icyaha
Gihanishwa no kwicwa
Nta kindi gicumuro.
Ari umwana w’uruhinja
Ari umwari n’umwangavu
Ari abagore n’ingimbi
Ari ibikwerere n’amariza.
Ari umugore, ari umugabo
Ari agasaza kameze imvi
Ari agakecuru rukukuri
Bapfaga kuba bitwa Abatutsi !
N’abana bato cyane
Barerwaga mu binyoni
Bacyanitse ibihanga
Nta rwango bagira mu nda.
N’abari ku ibere icyo gihe
N’ibitambambuga by’ibisage
Byari abaziranenge
Bakiri ibisekeramwanzi.
Abaturanyi banjye
Twabanaga neza
Tugasangira urwagwa
Tukararana inkera.
N’abana twakuranye
Twajyanaga mu minazi
No gusoroma amasirasi
Mu bisambu by’i Musumba.
Ab’urungano rwanjye
Twareranywe turi bato
Mu mashuri y’ibanze
Mu ntambara y’ubujiji.
Abo twamenyanye bose
Mu rwunge rw’amashuri
Rw’Indatwa n’Inkesha
Bitaga « mu Gishariti ».
Inosenti Kabayiza
Wantozaga ubwenge
Bw’indimi z’amahanga
Akabikorana ubuhanga.
Keresansi Mukanyandwi
Umukobwa w’umutima
N’ikibibi mu maso
Nakundaga cyane.
Na Firimini Mupagasi
Wansobanuriye ubumenyi bw’isi
Ntaramenya yuko
Iyi si yameze amenyo.
Abo twabanye kivandimwe
Twigira ubupadiri
Badutoza ubushumba
Muri Seminari nkuru…
Intambara yubura umutwe
Hagati y’u Rwanda n’Inkotanyi,
Urusaku rw’amasasu
Rusakara muri Kigali.
Mu ntambara y’inkundura
Yo guhirika ubutegetsi
Bwatsembaga Abatutsi
Za mpunzi ntizasonerwa.
Izo mpabe z’Abanyarwanda
Zahungiye ubwayi mu kigunda
Bazahuramo amasasu
Nyacyonga ihinduka umuyonga.
Abarokotse icyo cyorezo
Nta rengero ryabo
Nta wuzi aho batuye
Cyangwa aho baguye.
Uko bwije, uko bucyeye
Ingabo z’igihugu za kera
Ziyitaga Inzirabwoba
Zigata ibirindiro byazo.
Inkotanyi zikabitahamo
Abaturage zihasanze
Bakaba ingaruzwamuheto
Amahoro bakayaheba.
Aho zagize ubutwari
Ngo zitwame umunyacyaha
Zimushyikirize inkiko
Ahanishwe amategeko
Inkotanyi z’amarere
Zadukana amatwara
Yo kwica aho ziciye
Zidaciye urubanza.
Zirangije Byumba
Ziyogoza Kibungo
Ziterera mu Bugesera
Zihakongeza iyo nkongi.
Kiriziya yari yarazahaye
Abakoze itsembabwoko
Barayihekuye bikomeye
Mu ngeri z’abihaye Imana.
Aho Inkotanyi ziziye
Na zo ziyishyiramo
Ntizita ku miziro
Ziyica umutwe i Gakurazo.
Mu kwica abashumba
Ntibareka intama
N’agatama gatoya
Katabazaga ababyeyi.
Uwakishe ntiyashishwa
Akamishaho amasasu
Gacikamo kabiri
Ku bibero by’umusenyeri.
Mu gutoteza Kiriziya
Uwo musaza Gasabwoya
Na we ntiyarusimbuka
Bose barimburwa iryo joro.
Impunzi zitabarika z’i Kabgayi
Zahungiye ubwayi mu kigunda
Kuko inkotanyi zahageze
Zigasya zitanzitse.
Ubwo byacikaga mu gihugu
Wafashe utwangushye
Uhunga inkongi y’umujyi
Maze bakwicira umugabo.
Ibyo bihe byari bigoye
Igihugu cyuzuye amacumu
Ukomera ku bana bawe
Sheja na barumuna be.
Wari wuzuye amizero
Ntiwigeze ukeka
Ko warokoka Interahamwe
Ngo uhekurwe n’Inkotanyi.
Ubwo bwicanyi bukomatanye
Bw’Interahamwe n’Inkotanyi
Buzahaza u Rwanda
Burihindura nk’irimbi.
Barukora batyo mu nda
Baruhirikira mu nyenga
Baruroha mu cyunamo
Baruzirika ku nzigo.