Perezida Kagame yitabiriye inama muri Angola.

Yanditswe na RUGEMINTWAZA Erasme

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 20/04/2021, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola, aho yakiriwe kandi akagirana ibiganiro na mugenzi we wa Angola Joâo Lourenço. Paul Kagame akaba yitabiriye inama y‘Umuryango w’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), izaganira kuri politiki n’umutekano byo muri Repubulika ya Santarafurika.

Ni inama iri bwitabirwe n’Abakuru b’ibihugu bitanu kuri cumi na kimwe bigize uyu muryango ushinzwe kwiga ku mutekano, politiki n’iterambere ry’aka karere.

Ibyo bihugu bitanu ni Santarafurika, u Rwanda, Kongo, Sudani na Angola. Urugendo nk’uru rukaba ruje Perezida Paul Kagame amaze igihe kinini adasohoka mu gihugu