Polisi, RIB, Ubushinjacyaha n’Urukiko mu mbonezamugambi yo kuburabuza Dr Kayumba

Dr Christopher Kayumba

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Iburanishwa rya Dr Kayumba Christopher mu rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo rwabaye kuri uyu wa 28 Nzeli 2021, ryagaragaje ubufatanye n’ubwuzuzanye bw’inzego zose Dr Chrisopher Kayumba yanyuzemo kuva agifatwa, mu guhuza umugambi wo kumuburabuza no kumwima ubutabera.

Iburanisha ryagomba kuba isaa tatu za mu gitondo ryatangiye isa cyenda zirengaho iminota mike, rimara amasaha akabakaba atatu. Umucamanza agiha ijambo Dr Kayumba Christopher yatangaje ko afite inzitizi enye yifuzaga ko zasuzumwa mbere y’uko iburanisha rikomeza.

Inzitizi ya mbere yavuzwe na Dr Kayumba ni iyo yavuze n’ubushize, avuga ko arwaye kandi bikomeye, akaba yaravuye mu bitaro adakize ahubwo ajyanywe kuburana. Yongeraho ko muganga yamwandikiye ko uburwayi bwe bugomba gukurikiranwa mu buryo budasanzwe. Kayumba ati: “Kuva mwemera inzitizi yo kwitabwaho mu kuvurwa, sindongera kubonana n’umuganga”

Inzitizi ya kabiri ya Dr Kayumba nayo yayikomojeho ubushize, ni iyo kuba yarahawe dosiye umunsi urubanza rwari bubeho ntabashe kuyisoma, ariko noneho kuri iyi nshuro akaba yavuze ko ahubwo nyuma y’ibiranishwa, ubuyobozi bw’aho afungiye bwahise bumwaka iyo dosiye, na n’ubu akaba ataramenya neza ibirimo. Yongeyeho ko yafunzwe abona, ariko ubu akaba yarahumye, atabonaneza.

Inzitizi ya gatatu yazamuwe na Dr Kayumba ni iy’uko amategeko yemerera uregwa kuvugana n’umwunganizi we mu mutuzo n’ubwisanzure, ariko we ngo igihe cyose avugana na avoka we haba hahagae umupolisi n’abandi bantu bambaye imyenda ya gisivile, Kayumba ati: “Abo sinzi abo ari bo, sinzi icyo bashinzwe, sinamenya ikibagenza”. Yasaba ko atajya aganira n’umwunganizi atewe icyugazi n’abamuhagaze hejuru bakamubuza ubwisanzure.

Dr Kayumba yazamuye inzitizi ya kane yo kuvuga ko itegeko nshinga ari ryo riruta ayandi mu Rwanda ryemera ko ababuranyi banganya uburenganzira , ariko agatungurwa cyane no kuba atemerewe gufata ikaramu, atemerewe gukora ku rupapuro, ngo n’ibyo abwira Urukiko bimusaba ko abifata mu mutwe. Ati ibi mbibona nko kutanganya uburenganzira kw’ababuranyi, mu gihe ubushinjacyha bwo bufite ibikoresho byos ebwifashisha butegura urubanza.

Ubushinjacyha bahawe ijambo busaba umucamanza kudaha agaciro inzitizi za Dr Kayumba, umushinjacyaha avuga ko zigamije gutinza urubanza.

Umucamanza yatesheje agaciro inzitizi zose za Dr Kayumba Christopher avuga ko nta bimenyetso yazitangiye.

Kayumba yavuze ko n’impapuro yivurijeho ubuyobozi bw’aho afungiye bwazimwimye, bukamubwira ko bwabujijwe kuzimuha, yavuga ko byasabwe n’Urukiko ngo bakamubwira ko urukiko rutabategeka. Kayumba Christopher yavuze kandi ko DPC (Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Kicukiro) na we amubuza uburenganzira bwe.

Nyuma yo guteshwa agaciro ku nzitizi za Dr Kayumba, Umucamanza yatangije iburanisha, asaba ubushinjacyaha kugaragaza neza ikirego cyabwo. Ni ikirego cyasomwe n’abashinjacyaha babiri bagendaga bunganirana.

Mu magambo arambuye, basobanuye uburyo icyaha cyo guhohotera abagore Dr Kayumba yagikoze mu mwaka wa 2012, naho muri 2017 akaba yarabigerageje ariko ntabigereho.

Dr Kayumba Christopher yakomeje guhakana ibyo aregwa byose akavuga ko ari ibicurano byahimbwe hagamijwe kumubuza inzira ye ya politiki kandi ko byazamutse amaze gutangaza imigabo n’imigambo ye yo guteza imbere igihugu giha bise ubutabera buhamye.

Ubwo Dr KAYUMBA Christopher yasobanuraga ibyo ishyaka rye rigamije kugeza ku Banyarwanda, umucamanza yamuciye mu ijambo ahonda ameza, amwihanangiriza ko nta munyarwand awamutumye, ko mu rubanza yihagarariye ubwe, kandi ko haburanw agusa ibiri mu mbibi z’ikirego, ko nakomeza kurengera iburanisha rihagarikwa.

Ku musozo, ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, naho we agasaba kuburana ari hanze. Umwanzuro w’urukiko uzasomwa ku itarikiya 05 Ukwakira 2021.