Bavandimwe,Turibuka urugendo Mutagatifu Yohani Pawulo II umaze imyaka 30 asuye u Rwanda, ubwo yari Papa.
Yatanze ubusaseridoti ndetse muri abo bahawe ubusaseridoti, ubu babiri ni abepisikopi.
Mutagatifu Yohani Pawulo II, udusabire.
TWIBUKIRANYE: YOHANI PAWULO II MU RWANDA
Yohani Pawulo II niwe mu Papa wa mbere wageze mu Rwanda 7-9 Nzeli 1990
Tariki ya 7 Nzeli 1990
Papa Yohani Pawulo wa II yaje mu Rwanda tariki ya 7 Nzeli 1990, aturiyeho igitambo cya misa muri Katederali yitiriwe Mutagatifu Mikayile i Kigali, aha umugisha abari bahari nโumujyi wa Kigali muri rusange. Ubutumwa yatangaga, bwibandaga ku gukemura ibibazo ibihugu bikiri mu nzira yโamajyambere byari birimo.
Tariki ya 8 Nzeli 1990
Hibukwa indamukanyo ye yโikinyarwanda agira ati โMuraho neza, Imana ibarinde!โ byari mu gitambo cya Misa Papa Yohani Pawulo wa II yahereyemo abasaseridoti 32 bo mu biyaga bigari isakaramentu ryโubusaseridoti i Mbare, mu Murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga.
Ni nabwo yahagaze i Gihara mu Karere ka Kamonyi yakirwa nโimbaga yโabahinzi aho yababwiye ko yifuzaga kugera ku misozi batuyeho agasura imirima no mu ngo zabo, ariko ko bidakunze kubera igihe gito.
Aha ubu hazwi nko ku โMasukaโ hari ikimenyetso cyโurwibutso rwโuruzinduko rwa Papa Yohani Paulo II mu Rwanda ubu ni mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi mu Ntara yโAmajyepfo.
Mu bindi bikorwa byaranze uruzinduko rwe kuwa 8 Nzeli, Papa Yohani Pawulo wa II yaganiriye nโintiti nโabakozi, kuri stade ya Kigali I Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, yibutsa uruhare rwโumulayiki mu kwamamaza ivanjili no mu buzima bwโigihugu ndetse yanahuye nโurubyiruko kuri Stade Amahoro i Remera mu Mujyi wa Kigali,
aganira byโumwihariko nโabahagarariye andi madini.
Tariki ya 9 Nzeli 1990
Iyi taliki yagombaga no gusorezwaho uruzinduko rwe mu rwโimisozi igihumbi, nkuko byari bisanzwe bikorwa niyo yabaga ari i Vatican imbere yโimbaga yโabaza mu rugendo nyobokamana, Papa Yohani Pawulo wa II yasomye misa kandi avugira isengesho rya saa sita rizwi nka Angelus i Nyandungu.
Mbere yo gusoza urugendo ngo yongere afate indege ku kibuga mpuzamahanga cyโindege cya Kigali i Kanombe, yaganiriye byihariye nโabepiskopi bo mu Rwanda abagaragariza isano riri hagati yโumuco no kwamamaza ivanjili.
Hari ibimenyetso byโuru rugendo bikigarara
1. Ku masuka ya Papa

Ni mu Karere ka Kamonyi aho yahuriye nโabahinzi abaha umugisha. Hibukirwa ku masuka bamuhaye nkโikimenyetso cyโubukungu buvuye mu maboko yโuwakoze.
2. Nyandungu ahazwi nko kuri 12
Aho bita kuri 12, ni i Nyandungu, mu karere ka Kicukiro ku muhanda uva i Kigali ugana i Rwamagana, hari umusaraba munini ukozwe mu byuma.
Papa Yohani Paulo II yahasomeye misa, ahatangira ubutumwa bwihariye ku muryango.
3. I Mbare kwa Papa

Mu karere ka Muhanga mu murenge wa Shyogwe i Mbare hari ikigo cyita ku bana bโimfubyi cyitwa โCitรฉ Nazarethโ. Abahagenda nโabahaturiye bavuga ko ari kwa Papa, kuko hari ibikorwa byahashyizwe ku cyifuzo cye.
Icyo kigo cyashinzwe ku cyifuzo cya Papa Yohani Paulo II, mu rwego rwo gufasha imfubyi. Ni ikigo kiri kuri hegitari 14 zatanzwe na diyosezi ya Kabgayi. Kiri aho Papa Yohani Paulo II yasomeye misa, anatanga isakaramentu ryโubusaseridoti.
Papa Yohani Pawulo wa II yapfuye tariki ya kabiri Mata mu mwaka 2005, yagizwe umutagatifu na Papa Francis tariki ya 27 Mata 2014.(src: IGIHE, GOOGLE, Etc)
Mutagatifu Yohani Pawulo II, udusabire!
Jean Serge Mandela



























































































