Umuryango wa Rwigara Watsinze Umujyi wa Kigali mu Rubanza rw’Imitungo

Assinapol Rwigara

Urukiko rukuru mu Rwanda rwanzuye ko umuryango wa nyakwigendera Assinapol Rwigara watsinze umujyi wa Kigali mu rubanza rw’amahugu baburanaga ku mitungo yo kwa Rwigara.

Urukiko rwategetse umujyi wa Kigali kwishyura miliyoni zisaga 400 z’amafaranga. Gusa umuryango wa Rwigara ntiwanyuzwe n’iki cyemezo. Waregeraga amafaranga akabakaba miliyari imwe.

Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika Eric Bagiruwubusa yakurikiranye urwo rubanza ategura inkuru mushobora kumva mu ijwi rye hano hepfo