Biraba ngombwa se ko umuryango wa Rwigara nawo ufata amahiri ngo udasenyerwa?

Amakuru aturuka i Kigali aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Kanama 2015, abaturage bo mu kagari ka Gatunga, mu murenge wa Nduba wo mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, baburijemo umugambi w’abayobozi bashakaga kubasenyera amazu bavuga ko yubatswe nta byangombwa, bitwaje intwaro gakondo ziganjemo imyase n’imihini bakaba barabujije ubuyobozi kubakorera ku mazu.

Iyi nkuru ije mu gihe mu binyamakuru bitandukanye ndetse no ku mbuga nkoranyambaga harimo havugwa inkuru y’uko umuryango w’umunyemari Assinapol Rwigara umaze iminsi witabye Imana wandikiwe n’umujyi wa Kigali uwusaba kwisenyera ibice bibiri kuri bitatu by’igorofa ikorerwamo na Premier Hotel ndetse ukanishyura n’amafaranga agera kuri Miliyoni 7 Ikigo ‘St. Joseph Engineering Company cyakoze ubugenzuzi bw’iyi nyubako ibyo byose bigakorwa bitarenze tariki ya 15 Kanama 2015, bityo bakaba bakomeza kubaka igice cya 3 ngo bafitiye ibyangombwa.

Umujyi wa Kigali uvuga ko ngo iyi nyubako yubatse nabi kuryo byateza impanuka kandi ngo yubatswe nta byangombwa mu gihe bizwi ko iyi nzu yatangiye kubakwa mbere ya za 1990!

Iki kibazo kuri benshi kije gishimangira ko umunyemari Rwigara yaba yarishwe nk’uko umuryango we ubyemeza ndetse iki gikorwa kigaragara nko gushaka gukenesha umuryango wa Rwigara no kuwucecekesha ngo udakomeza gusaba ko abishe Rwigara bafatwa.

The Rwandan

Email:[email protected]