U Rwanda rushobora gutera u Burundi mu minsi ya vuba?

Amakuru agera kuri The Rwandan ava mu Rwanda aravuga ko imwe mu mitwe y’ingabo z’u Rwanda yitegura kuba yakwambuka ikinjira mu gihugu cy’u Burundi!

Amakuru afite gihamya ava ku munyarwanda uba muri kimwe mu bihugu by’i Burayi tudashatse kuvuga kubera umutekano we aremeza nta gushidikanya ko ingabo z’u Rwanda zigiye gutera u Burundi. Ubutumwa bwa whatsapp bwohererezanywe hagati y’uwo munyarwanda uba i Burayi n’umuvandimwe we uri mu gisirikare cy’u Rwanda (ufite ipeti rya Staff Sergeant) ubwanditsi bwa The Rwandan bwashoboye kubona buragira buti:

X: bite kowabuze

Y: ibyahano ntubizise no murugo mperukayo mukwezi gushize.

X: barakwimuye nanonese cyangwa

Y: wapisha sukutwimura gusa ahubwo vubaha dushobora kwambuka, sindamenya igihe ariko birihafi  kuko ntawe baha uruhushya hari umuhungu winshuti yanjye bimye ikibari ngo ajye mubukwe bwa mushikiwe

X: ibyose bivuzeko mugiye kwambuka konuva mumakuru bishushye

Y: sibyo gusa nimbunda zimisada zaraje burimusirikare ararana imbundaye ahubwo niba haricyufite uzohereze murugo ahantu turi nimwishyamba ntana tigokashi ihaba invura imezenabi

X: kurumuwoga ubwo ntiwenda kuna mumapantaro

Y:wapisha harikera narakamise uretseko nahaduyi ntakigenda nukurasa rimwe bakiruka dufite abantubacu hakurya

Iki ni igice cy’ubutumwa bwatambutse ejo ku itariki ya 9 Ugushyingo 2015, ubwo ibi bitashingirwaho nk’ikimenyetso simusiga ariko nyuma yo kumva ibirimo kuvugwa mu itangazamakuru umuntu yahita yibaza ibibazo byinshi cyane cyane abihuje n’iki kiganiro kibaye muri ibi bihe.

Nabibutsa ko Perezida Kagame kuri uyu wa gatanu tariki ya 6 Ugushyingo 2015 yifatiye ku gahanga abayobozi b’u Burundi ku buryo ijambo rye ryafashwe na benshi nk’ubushoboranyi ndetse bamwe barifata nka gashoza ntambara.

Ku ruhande rw’u Burundi ho umuvugizi w’umukuru w’u Burundi, Willy Nyamitwe yatangaje ko batangajwe n’ibyavuzwe na Perezida Kagame, ngo bahisemo kudasubiza amagambo ngo atarimo ikinyabupfura ngo atagombye kuvugwa n’umukuru w’igihugu. 

Si iri terana ry’amagambo gusa kuko ibihugu bimwe by’ibihangange birasa nk’aho bifite gahunda yeruye yo guhindura ubutegetsi mu Burundi. ibihugu bya Leta zunze ubumwe z’Amerika n’u Bubiligi bikaba bidasiba gushyirwa mu majwi n’abayobozi  b’u Burundi. Dore ko n’intumwa y’Amerika yari i Burundi yarinze itaha itabonanye na Perezida Nkurunziza.

Muri ONU ho hari ibiganiro ku Burundi aho ibihugu bimwe bisa nk’aho byifuza ko hapfa benshi mu Burundi ngo byitwe Genocide dore ko n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC/CPI) rusa nk’urwahurujwe n’abasanzwe barukoresha  ariko muri rusange abo bose ntacyo bavuga ku bikorwa n’abarwanya ubutegetsi ahubwo usanga Perezida Nkurunziza n’ubutegetsi bwe aribyo bibasiwe gusa.

Ikindi kibazwaho na benshi n’uburyo amahanga asa nk’ayibasira u Burundi cyane cyane kuri manda ya 3 ukabona rwose yirengagiza ibirimo gutekinikwa mu Rwanda aho Perezida Kagame arimo asa nk’ugiye kwimikwa nk’umwami w’u Rwanda, mu gihe amahanga akangurira abarundi ibiganiro Perezida Kagame we yivugira ko adashobora kwihanganira abatavuga rumwe nawe amahanga akaruca akarumira.

Amagambo avuzwe n’abayobozi b’u Burundi ubu asigaye ahabwa uburemere bw’umuregera ku buryo bamwe banavuga ko ngo ari uguhamagarira abaturage gukora Genocide nyamara mu Rwanda ho ari Perezida Kagame, ari abandi bayobozi nta munsi batigamba ko bazarasa abanyarwanda ku manywa y’ihangu ndetse tutibagiwe kwigamba kumugaragaro ko bica abantu byaba mu Rwanda no mu mahanga ariko bo amahanga ntacyo ajya abavugaho!

Email: [email protected]