Abakobwa barashinja nyiri Hotel Golf Eden Rock kubategeka gusambana n’abakiliya

Abakozi b’abakobwa muri Hotel Golf Eden Rock bashinja umukoresha wabo Aphrodis Mugambira  kubategeka gusambana n’abakiliya ba Hotel, babyanga bamwe bikabaviramo kwirukanwa mu kazi nta nteguza nta n’imperekeza. Mugambira we yabwiye Umuseke ko ibyo bavuga atari byo, ngo umunyamakuru nabishaka amujyane mu nkiko.

Hashize igihe kigera ku kwezi Umuseke ukora ubucukumbuzi kuri iki kibazo, abirukanywe babitangamo ubuhamya, umuyobozi mu nzego nkuru z’igihugu yemereye Umuseke ko nawe byamubayeho nyiri iyi Hotel agashaka “kumusengerera” umwe mu bakozi be, ntabyo yamusabye, batanabiganiriye. Bose babyita ko ari ubucuruzi bw’abantu.

Ubuhamya butangwa n’abahakoraga bane baganiriye n’Umuseke bukurikirwa n’ibaruwa umwe muri bo yandikiye ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi tariki 15/06/2016 asaba Akarere kumufasha kurenganurwa agahabwa ibyo yemererwa n’amategeko kuko yirukanwe nta nteguza nta n’imperekeza.

Inkuru irambuye>>>