Hatangijwe igikorwa cyo gufasha umuryango w’umunyamakuru John Williams Ntwali

Nyuma y’urupfu rw’umunyamakuru John Williams Ntwali mu buryo butunguranye kandi bukomeje kubamo amayobera, umwe mu banyamakuru bakoranye na John Williams Ntwali uba ku mugabane wa Amerika, Rubens Mukunzi yatangije afatanyije n’abandi banyamakuru b’abanyarwanda bakorera mu Rwanda no mu mahanga igikorwa cyo gufasha umuryango wasizwe n’umunyamakuru John Williams Ntwali.

Nk’uko amakuru The Rwandan yashoboye kubona abivuga ngo iki gikorwa ni nk’intangiriro kuko ubu harimo kwigwa n’imiryango y’abanyamakuru b’abanyarwanda bakorera cyangwa bahungiye mu mahanga uburyo habaho uburyo buhoraho bwo gufasha bagenzi babo b’abanyamakuru bari mu kaga mu Rwanda cyangwa mu buhungiro.

Abifuza kwitabira iki gikorwa cyo gufasha bakoresha uyu mushumi >>>>>