Musanze:Afunzwe azira kubahuka Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite

Nsabuwiteka wo mu murenge wa Busogo i Musanze, yatawe muri yombi tariki ya 08 Nzeli 2016. Yari ku murongo hamwe n’abandi baturage yisobanura imbere ya Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu Nteko Nshinga Amategeko y’u Rwanda, Jeanne d’Arc Uwimanimpaye.

Intandaro y’ifatwa n’ifungwa rya Nsabuwiteka yabaye amagambo arimo ikinyabupfura gike yasubije Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu gihe yari imbere ye. Yisobanura ku kirego umugore we yari amaze kugaragaza cyuko amatungo yo mu rugo rwabo ayagurisha atabimumenyesheje.

Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite atanga inama kuri uwo mugabo, yamubwiye ko umugabo n’umugore bagomba kuzuzanya umwe muri bo ntagire icyo akora atakimenyesheje mugenzi we.

Umugabo mu gusubiza Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite yamwutse inabi agira ati “Are weee! Barakubeshye!!” Akurikizaho n’andi magambo y’ikinyabupfura gike yahise amuviramo gutabwa muri yombi.

Inkuru irambuye>>>