Rwanda – UK: Abimukira bavuye mu Bwongereza bazaza mu gihe cy’ibyumweru

Abimukira ba mbere bashobora koherezwa mu Rwanda bava mu Bwongereza mu gihe cy’ibyumweru, nk’uko leta ya Londres ibivuga.

Ni nyuma y’amasezerano atavugwaho rumwe hagati y’ibi bihugu yo kujya bohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro mu Bwongereza.

Ishami rya ONU ryita ku mpunzi UNHCR ryatangaje ko ryamaganye kohereza impunzi mu bindi bihugu “bidafite ibihagije mu kurengera abantu”.

Abazoherezwa mbere na mbere ni abagabo b’ingaragu bambuka umuhora wo mu nyanja uzwi nka Channel/la Manche mu mato cyangwa mu makamyo bava mu Bufaransa.

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Boris Johnson yatangaje ko ashaka guca business y’abambutsa abantu, ariko uyu mugambi we wamaganwe cyane mu Bwongereza, no mu Rwanda.

Andrew Griffith umukuru w’igenamigambi mu biro bya Johnson yabwiye BBC ko iyo gahunda ishobora gutangira gukorwa “mu byumweru cyangwa mu mezi macye” ari imbere.

Minisitiri Priti Patel areba mugenzi w'u Rwanda Vincent Biruta w'u Rwanda mu kinganiro n'abanyamkauru kuwa kane
UNHCR inenga Ubwongereza kwihuza inshingano ku mpunzi ikazoherereza u Rwanda, Minisitiri Priti Patel areba mugenzi w’u Rwanda Vincent Biruta w’u Rwanda mu kinganiro n’abanyamkauru

‘Kugurisha abimukira’

Imiryango n’amatsinda ategamiye kuri leta birenga 160 mu Bwongereza yasabye leta guhagarika uyu mugambi mu ibaruwa banditse bawita “ubugome buteye isoni”.

Uyu mwanzuro mu Rwanda nta kuwamagana cyangwa kuwushimagiza byigaragaje cyane, nta mpaka uteje muri rubanda cyangwa mu ntumwa zibahagarariye mu nteko.

Gusa ishyaka Democratic Green Party rya depite Frank Habineza na DALFA-Umurinzi rya Victoire Ingabire yasohoye amatangazo yamagana kohereza abimukira mu Rwanda.

Gillian Triggs komiseri mukuru wungirije wa UNHCR yavuze ko ku Bwongereza ibi ari “ukwihunza inshingano kandi binyuranyije n’amahame mpuzamahanga agenga impunzi”.

Mu itangazo rya UNHCR, Madamu Triggs ati: “Abantu bahunga intambara, amakimbirane no kwibasirwa bakwiye impuhwe no gufashwa. Ntibakwiye kugurishwa nk’ibicuruzwa bakoherezwa ahandi”.

Map showing the distance from the UK to Rwanda

UNHCR ivuga ko nubwo u Rwanda rwagize neza mu kwakira impunzi mu myaka za mirongo ishize, benshi ubu baba mu nkambi aho bafite amahirwe macye yo kwiteza imbere.

Ikavuga ko ahubwo “ibihugu bikize bikwiye gufasha u Rwanda n’impunzi rusanganywe” aho kurwongerera abandi.

Aya masezerano akubiyemo miliyoni 120 z’amapound y’ibanze Ubwongereza buha u Rwanda mu gufasha gutuza aba bimukira.

Leta y’u Rwanda yo ivuga ko kuza kwabo bizafasha kuzamura ubukungu, ndetse ko ayo masezerano ubwayo azongera ishoramari.

Bamwe bibaza niba abimukira bavuye muri Syria cyangwa Iraq bashaka imibereho mu Bwongereza bazashima koherezwa no gutura mu Rwanda – igihugu gishimwa mu mutekano n’isuku ariko kikanengwa mu by’uburenganzira bwa muntu.

Umuvugizi wa leta y’u Rwanda Yolande Makolo yabwiye BBC ko ari “igihugu gitekanye, kiri kwihuta mu iterambere, cyubahiriza uburenganzira bwa muntu kimwe n’ibindi bihugu”.

BBC