U Burundi bwirukanye Abanyarwanda banze urukingo rwa Covid

Abanyarwanda 12 barimo abagore n’abana birukanwe n’abategetsi b’u Burundi nyuma yuko banze guhabwa urukingo rwa Covid.

Bari bamaze iminsi irenga itanu ku musozi wa Nyakarama mu ntara ya Kirundo mu majyaruguru y’u Burundi.

Bavuze ko bari bahunze ibikorwa byo gukingirwa ku itegeko mu Rwanda, ariko leta y’u Rwanda ivuga ko gukingirwa Covid bikorwa ku bushake bw’umuntu.

Guverineri w’intara ya Kirundo Albert Hatungimana yategetse ko boherezwa mu Rwanda.

Ku wa kane w’icyumweru gishize, abandi Banyarwanda icyenda basubijwe mu gihugu cyabo bikozwe n’abategetsi b’iyo ntara. Na bo bavugaga ko bari bahunze gukingirwa ku itegeko.

Mu nama y’umutekano ku wa kabiri, Guverineri Hatungimana yavuze ko adashobora guha ikaze abantu badakurikiza gahunda ya leta y’iwabo ijyanye no kwirinda Covid-19.

Imibare ya minisiteri y’ubuzima mu Rwanda igaragaza ko abantu bamaze gukingirwa byuzuye bagera kuri miliyoni 5,5, ni ukuvuga abarenga 40%.

Ni mu gihe mu Burundi abamaze gukingirwa byuzuye bagera ku 3,533, bangana na 0.03%, nkuko imibare ikusanywa na Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.

BBC