Théogène Turatsinze wahoze ategeka BRD yiciwe muri Mozambique

Théogène Turatsinze, wigeze kuba umuyobozi mukuru wa BRD (Banque Rwandaise de Développement) yitabye Imana yishwe n’abagizi ba nabi nyuma yo gushimutwa nkuko tubikesha amwe mu makuru aturuka muri Mozambique i Maputo.

Ayo makuru avuga ko Bwana Turatsinze yashimuswe  kuwa gatanu w’icyumweru gishize ahagana mu masaa mbiri z’umugoroba nyuma umurambo we uza kuboneka mu mazi uziritse amaguru n’amaboko!

Uyu mugabo wabaga muri Mozambique aho yashatse kuva 2009, akaba yakoraga ibikorwa by’ubucuruzi ndetse aka yigishaga muri Kaminuza yigenga muri icyo guhugu. Umufasha we akomoka muri Mozambique hakaba hari amakuru avuga ko ari umukobwa w’umukuru w’inteko ishinga amategeko y’icyo gihugu.

Nta makuru ahagije araboneka ku mpamvu yaba yatumye uyu mugabo yicwa, ntawe uzi niba abamwishe bari bagamije kumwiba cyangwa hari izindi mpamvu zihishe inyuma.

Nk’uko tubikesha urubuga Umuseke.com, Bwana  Turatsinze ngo yari umukunzi w’imikino ukomeye by’umwihariko Volleyball. Mu mwaka ushize mu mikino nyafrica yabereye Maputo, uyu mugabo yakiriye ku meza ikipe y’igihugu ya Volleyball, abashimira uko bari bagerageje kwitwara ndetse buri mukinnyi amugenera amadorari 100 y’Amerika.

Nk’uko urwo rubuga rukomeza rubivuga abanyarwanda bajya muri Mozambique bamwe bemeza ko yabafashaga kumenyera muri iki gihugu cyangwa kugera ku makuru y’ibyo bashaka.

Theogene Turatsinze yari afite impamyabumenyi ya Masters muri Management yavanye muri Australian Catholic Universtity y’i Sydney.

Andi makuru yashoboye kugera ku rubuga The Rwandan avuga ko Bwana Turatsinze yegujwe ku mwanya w’umuyobozi mukuru (Managing Director) wa Banki y’u Rwanda Itsura amajyambere (BRD) mu 2007  ahita ajya kwikorera ibikorwa by’ubucuruzi muri Mozambique, kubera ubwumvikane buke yari afitanye na Bwana Jack Kayonga wari umwungirije kuri uwo mwanya akaba n’umuyobozi mukuru ushinzwe ishoramari ( Deputy Managing Director and Director of Investments Department) ndetse Kayonga yahise ahabwa uwo mwanya n’inama y’abaministres Bwana Turatsinze amaze kugenda.

Ntabwo ari Bwana Turatsinze wenyine Bwana Kayonga Nkusi Jack yahigitse kuko hari umudamu witwa Christine Karangwayire wari umuyobozi ushinzwe ishoramari muri iriya banki (Director of Investments) nawe wegujwe.

Imana imuhe iruhuko ridashira!

Ubwanditsi

1 COMMENT

Comments are closed.