Babyuka saa cyenda z’ijoro bajya gutanguranwa amazi y’igishanga

Abaturage bo mu murenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke, baravuga ko babangamiwe cyane nuko batabona amazi meza yo kunywa no gukoresha, nyamara bamaze imyaka igera kuri 5 bubakiwe umuyoboro wayo.

Aba baturage bavuga ko bubakirwa uyu muyoboro w’amazi bizezwaga kugerwaho n’amazi meza, ariko kugeza ubu amaso yaheze mu kirere.

Kubera ko uyu murenge nta migezi ugira, kubona amazi ngo ni ukubyuka saa cyenda z’ijoro bajya gutanguranwa utuzi duke tuboneka mu bishanga, ngo nyuma y’iyo saha n’ibyo biziba byo mu gishanga biba bibona umugabo bigasiba undi, bigasaba kujya kuvoma ay’ikivu, bakaba ari yo bakoresha.

Inkuru irambuye>>