Capitaine Pascal Simbikangwa yajuriye!

Amakuru agera kuri The Rwandan ava i Paris mu Bufaransa, aravuga ko abunganira Capitaine Pascal Simbikangwa kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Werurwe 2014 batangaje ko ajuririye igihano yakatiwe cy’imyaka 25 y’igifungo.

Ababuranira Capitaine Simbikagwa bahamya ko igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 gifite imvo za politiki aho abayobozi b’u Bufaransa bagamije kugusha neza leta y’u Rwanda mu gihe mu Rwanda bitegura kwibuka imyaka 20 habaye jenoside.

Nk’uko Me Fabrice Epstein na  Me Alexandra Bourgeot baburanira Simbikangwa babitangaje ngo batangajwe na kiriya gihano cyashingiye gusa ku buhamya burimo kwivuguruza nta kindi kimenyetso kigaragara bashingiyeho bashinja uwo baburanira.

Ubushinja cyaha bwo buravuga ko bugiye gukora uko bushoboye ngo noneho igihano cyahawe Capitaine Simbikangwa cyongerwe dore ko bwari bwasabye ko afungwa burundu.

Ubwanditsi

The Rwandan