Gereza 1930: Abagororwabarimo guhatirwa kwandika basaba ko itegeko nshinga rivugururwa!

Ubu hashize muri Gereza ya PCK izwi ku izina rya 1930 hashize amezi agera kuri ane imfungwa zayo zisa naho zitemerewe kuganira n’imiryango yazisuye,aha ubibona neza iyo urebye intera bashyira hagati y’uwasuwe n’uwasuye metero zigera muri enye cyangwa zirenga

Nk’uko tubikesha Imberakuri zibarizwa kuri iyo Gereza,ngo iki kibazo cyaturutse ahanini ku itoroka ry’umufungwa wari uhafungiye aturutse kuri gereza ya Gisirikare yo kumurindi witwa MUGISHA wari umusirikare wa RDF

Uyu ngo akaba yaratorotse ubwo muri iyo gereza habaga isaka rya telefone ryari riyobowe na KAYUMBA wari waturutse ku Rwego rukuru rubashinzwe ari kumwe n’abandi batatu Ubwo basohokaga rero ngo MUGISHA uwo yabinjiyemo yambaye neza nawe asohoka yihamagarira telefone barajyana

Guhera uwo munsi ngo imfungwa zashyizwe kukandonyi,zimwe isurwa,ubu ngo bazihaye ifu y’igikoma yaboze, ngo nizo zamutorokesheje mu gihe nazo zivuga ko yasohokanye nabari baje gusaka kandi ntawe urenga gereza aterekanye ibyangombwa !

Andi makuru aturuka kuri iyo gereza ni uko guhera kuwa kabiri wa cyino cyumweru abayobozi bazo imbere bari kuzotsa igitutu ngo zisinyire ko Itegeko Nshinga rihinduka ,abo bayobozi ni uw’ umurenge:NKUBITO Isaac alias ZARIKAYO uw’umutekano:NIYONZIMA Patrik n’ uwitwa MPOZAYO j. de la cloix ushinzwe ubureremboneragihugu barangajwe imbere na Afande MUGISHA James Umuyobozi w’iyo gereza ubaha amabwiriza

Mu gihe utazi kwandika bamwandikira ari nako babizeza ko bazababarirwa bakava mu gihome ni nako uwanze gukora icyo gikorwa akanirwa urumukwiye ajyanwa muri kasho,twatanga urugero nka : Aniceth KURABWANGU na BIGIRIMANA John barimo bazira kwanga gahunda za Leta.

Nk’uko twatangiye tubivuga rero ubu iyo Gereza itegerezanyije yombi Mme GAHONZIRE ngo bamugezeho umusaruro wavuye muri ako gatunambwene ,mu kanya muraza kumva ngo dore ibyavuye mu bushake bw’imfungwa za PCK kandi twese tuzi neza uko biri gukorwa.

Bitinde bitebuke ukuri amaherezo kuzatsinda !

Sylver Mwizerwa