PS Imberakuri iratabariza imfungwa ziri mu ma gereza y'u Rwanda

ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU No 010/P.S.IMB/013

Rishingiye ku makuru afitiwe gihamya aturuka mu magereza atandukanye
yo mu gihugu afungiwemo abagororwa batandukanye,yaba abanyapolitiki
kimwe nabandi,amakuru akomeza avuga ko kurubu abagororwa bakomeje
gutotezwa,kubuzwa uburenganzira bwo kwivuza ndetse no kutarekurwa kuri
bamwe barangije ibihano byabo. Ishyaka PS Imberakuri ritangarije
abanyarwanda,incuti z’uRwanda ibi bikurikira:

Ishyaka PS Imberakuri riramagana ryivuye inyuma ibikorwa by’itotezwa
,kwangirwa kuvuzwa n’ubushinyaguzi bikorerwa imfungwa birimo gushyira
mukato kugeza aho batakibona ubufasha bw’ibanze bwo kwivuza,
kwidagadura, guhaha ibyo kurya n’ubundi bufasha bw’ingoboka ( service
sociale) kuko abakozi ba gereza bagerageje kugoboka imfungwa
barirukanywe abandi babimuye shishitabona mu rwego rw’igihano cyo
kwitwara nabi kukazi.Ibikorwa by’itoteza bikomeje kugaragara cyane
muri gereza ya Mpanga, gereza ya Remera,gereza ya Kigali, Nsinda na
gereza ya Cyangugu aho muri aya magereza hakigaragara itotezwa rirenze
urugero, aho imfungwa zitandukanye zitakigira uburenganzira bwo
kwivuza, aho kuvuzwa bakajyanwa mu byumba bafungiramo abana (Mineurs)
mu gihe izi gereza ziba zasuwe n’imiryango mpuzamahanga yita ku
burenganzira bwa muntu cyangwa se abandi bayobozi bakuru. Muri gereza
ya Kigali ho bimaze kuba agahomamunwa kugeza naho abagororwa bamwe
bakubitwa, bagacunaguzwa kugeza bavanyemo ubumuga bwo kutabona no
kutumva twavuga nka MBWIRABUMVA Simeon, RWANDANGA Froduard, KARUTA
Innocent, MUSABYIMANA  nabandi, muri iyi gereza kandi harimo
n’abagororwa barwaye ibinyoro batavuzwa.

Ibikorwa byo kuburabuza no gutoteza izo mfungwa byakajije umurego kuva
muri 2013 aho bamwe mu bakozi bahanwe  abandi bakimurirwa ahandi
kubera icyaha cyo kuzuza inshingano zabo zo guha ubufasha bwibanze
imfungwa. Abaguye muriyo munyangire kandi bagiye bazira ko batabarije
imfungwa mu gihe abo bakozi bemezaga ko imfungwa zirimo kubangamirwa
na cyane ko harimo imfungwa zahawe transfert zo kujya kwivuriza mu
bitaro bitandukanye umunsi wo kujya kwivuza wagera ubuyobozi
bw’amagereza babarizwamo bukabangira kujya kwivuza.Ikindi n’ababashije
kugezwa ku bitaro bikaba ngombwa ko hari amafaranga bakenera yo
gufotoza nk’impapuro usanga bibateza ibibazo,harimo gusabiriza ayo
mafaranga,kutavurirwa igihe kandi ubuyobozi bubagenga buzi neza ko
batemerewe gutunga amafaranga.

Ku bw’umwihariko, ishyaka PS Imberakuri ritewe impungenge n’ubuzima
bwa Me Ntaganda  Bernard umuyobozi w’ishyaka nizindi mfungwa zose
tutiriwe turondora,dore ko amaze  imyaka ibiri ababara cyane munda
nyamara gereza ikaba itamwitayeho ahubwo ikaba ikomeje kumukorera
ubushinyaguzi kugeza aho banga kumujyana kwa muganga kandi afite
rendez-vous nkuko byagenze kuwa 7/06/2013 aho yagombaga kubonana na
muganga I Butare anyuzwe mu cyuma maze umucungagereza witwa Mupenzi
ushinzwe iperereza akamubuza gusohoka  ngo ajye kwivuza. Mbere y’ibyo
akaba yarakorewe  ubushinyaguzi bwinshi harimo kuvutswa uburenganzira
bwo kuvurwa mu ibanga aho abacunga gereza binjira ku ngufu mu cyumba
cya muganga arimo kumuvura nyamara umurwayi afite uburenganzira bwo
kuvurwa mu ibanga. Ibi byabaye kuwa 21/05/2013 ku bitaro bya Butare
aho muganga yabyanze maze  Me Ntaganda agacyurwa atavuwe.

Ishyaka PS Imberakuri rizamagana kumugaragaro abacungagereza bakora
nka Mupenzi na Ruhinda Charles bashinzwe iperereza muri gereza ya
Mpanga bakomeje gutoteza, gutera ubwoba imfungwa zifungiye I Mpanga.
Uyu Mupenzi akaba yarabwiye umuyobozi w’ishyaka ry’Imberakuri
riharanira imibereho myiza Me NTAGANDA Bernard ko ubuzima bwe buri
mubiganza bye. BIRABE IBYUYA NTIBIBE AMARASO!!!!

Ishyaka PS Imberakuri ritewe impungenge n’ubuzima bubi imfungwa
zikomeje gushyirwamo nk’uko twabivuze muri iri tangazo, bityo ishyaka
rikaba risaba ubuyobozi bufite imfungwa mu nshingano zabwo ko
bwakwihutira gukemura ibi bibazo byose cyane cyane bakita ku buzima
bw’imfungwa zikavuzwa ndetse nizarangije ibihano zikarekurwa
.Riboneyeho kandi umwanya wo gusaba, ibihugu by’incuti z’uRwanda,
imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yaba mpuzamahanga cyangwa
iyo mu gihugu ko badufasha ubuvugizi maze ibibazo biri mu magereza
bikarangira.

Bikorewe I Kigali kuwa 19/06/2013.

Alexis BAKUNZIBAKE

Visi perezida wa mbere.